Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umusore wari utegereje gukora ubukwe, bamusanze mu ishyamba yapfuye

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/11/21 1:55 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Huye: Inkuru y’urupfu rw’umusore witwa Nshimiye wasanzwe mu ishyamba yapfuye, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki ya 21 Ugushyingo, 2022.

Akarere ka Huye kari muri iryo bara ritukura cyane

Byabereye mu mudugudu wa Kiboga mu kagari ka Shyunga mu murenge wa Rwaniro w’akarere ka Huye.

Abari aho umurambo wa nyakwigendera wari uri babwiye UMUSEKE ko nta bikomere ufite. Uyu yari asanzwe akora akazi ko gutwika amakara akaba yari ayaraririye.

Ndagijima Jean Pierre wari uri ahabereye ibi byago yagize ati “Yari araririye amakara, mu gitondo basanga aryamye muri iryo shyamba yakoreragamo yapfuye.”

Kwamamaza

Jean Pierre yakomeje avuga ko nyakwigendera amaze iminsi asezeranye mu murenge n’umugore bateganyaga kubana.

Ni we mwana ababyeyi be bari bafite wenyine.

Ati “Abantu bari kuvuga ko ashobora kuba yanyoye inzoga, noneho abo basangiye bakaba bamushyiriyemo uburozi.”

Ubwo twategura iyi nkuru Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwaniro, Rugira Amanda Jean Paul yabwiye UMUSEKE ko amakuru y’urupfu rw’uriya musore bayamenye, ariko bazindukiye mu kandi kazi bataragera aho byabereye

Ati “Njye na RIB tugiye kwerekezayo nibwo tumenya byinshi tuhageze.”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko nyakwigendera yavukaga mu karere ka Gisagara, mu murenge wa Kansi mu kagari ka Akaboti, mu mudugudu wa Ruhuha.

Théogène NSHIMIYIMANA/UMUSEKE.RW i Huye

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Icyihishe inyuma yo kwegura kwa bamwe mu badepite mu Rwanda

Inkuru ikurikira

Kanombe: Umusore akurikiranyweho kwica umusaza bapfa 800 Frw

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Kicukiro: Abantu basanze  umugabo iwe bamuteragura ibyuma

Kanombe: Umusore akurikiranyweho kwica umusaza bapfa 800 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010