Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

Bigoranye, Azarias Ruberwa wabaye Visi Perezida wa Congo yasohotse igihugu

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/01/22 11:32 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Me Ruberwa Azarias Manywa wigeze kuba Visi Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemerewe kujya mu mahanga nyuma yaho afatiwe ku kibuga cy’indege i Kinshasa agasubizwa iwe.

Me Azarias Ruberwa Visi Perezida w’Icyubahiro wa RD Congo

Uyu munyepolitiki akaba n’umunyamategeko ukomeye ku wa 19 Mutarama yangiwe gufata indege ngo ajye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho umugore we n’abana batuye.

Amakuru UMUSEKE ufite avuga ko yari agiye mu muhango wo gushyingura umwana umugore we abereye Nyirasenge uherutse kwitaba Imana.

Inzego zishinzwe umutekano ku kibuga cy’indege cya Ndjili i Kinshasa zabwiye Me Azarias Ruberwa ko hari itegeko ryavuye ibukuru ribuza ko atagomba kujya mu mahanga.

Kwamamaza

Byaciye igikuba ku banye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge b’imbere mu gihugu n’abari mu buhungiro mu mahanga bakeka ko hari umugambi mubisha kuri Me Ruberwa no ku banyepolitiki b’Abanyamulenge muri rusange.

UMUSEKE wamenye ko yasohotse igihugu kuri uyu wa 21 Mutarama 2023 Visi Perezida w’Icyubahiro, nyuma yo kuvugana na Perezida Antoine Felix Tshisekedi.

Ni nyuma kandi y’uko Leta ya Tshisekedi itinye igitutu cy’imiryango mpuzamahanga yasabye ko Me Azarias Ruberwa ahabwa uburenganzira busesuye.

Inzego z’umutekano muri Congo zirinze gutangaza aya makuru ndetse n’ibinyamakuru biraruca birarumira.

Inkuru yabanje…….

Azalias Ruberwa wabaye Visi Perezida wa Congo yangiwe gusohoka igihugu

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Intumwa y’Imana Dr Gitwaza yasabye abapasitori bashya kutiremereza

Inkuru ikurikira

RIB yataye muri yombi Nshimiye Joseph

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
RIB yataye muri yombi Nshimiye Joseph

RIB yataye muri yombi Nshimiye Joseph

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010