Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Afurika

Congo ihakana kwikura mu biganiro byari kuyihuza n’u Rwanda muri Qatar

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/01/26 4:17 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, yahakanye ko  igihugu cye cyikuye mu biganiro byari kugihuza n’u Rwanda byari biteganyijwe i Doha muri Quatar.

Patrick Muyaya Minisitiri w’Itumanaho, akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo Kinshasa

Ibiganiro bigamije gucyemura ibibazo by’umutekano, Muyaya yemeza ko bitabaye biturutse ku zindi mpamvu atasobanuye.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru, i Doha muri Quatar hari hateganyijwe ibiganiro bihuza Perezida Felix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame, kugira ngo hashakwe igisubizo ku bibazo biri hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Felix Tshisekedi ntiyabyitabiriye, ku munota wa nyuma ibiganiro bihita bisubikwa mu gihe kitazwi.

Kwamamaza

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yabwiye UMUSEKE ko intumwa z’u Rwanda zari zamaze kugera i Doha .

Patrick Muyaya Umuvugzi wa Guverinoma ya Congo, yabwiye BBC ko icyo gihugu kitanze kujyayo ku bushake ko ahubwo bishobora kuba byaratewe n’abari bubigiremo uruhare .

Yagize ati: “Twebwe ntabwo twanze kujya i Doha, nk’uko twari i New York iruhande rwa Perezida Macron [muri Nzeri 2022]…iyo nama [ya Doha] sinibaza ko yaburijwemo, ahubwo ntekereza ko yasubitswe kubera abandi bireba na bo bagomba kuyigiramo uruhare aha ndavuga EAC, Angola cyangwa Kenya.”

Ikinyamkuru Africa Intelligency Cyanditse ko Quatar na yo yatunguwe n’umwanzuro wa Perezida Tshisekedi wo kutitabira ibiganiro kugeza bisubitswe.

 

Bahugiye mu matora…

Muyaya avuga ko mu gihe DR Congo ubu yatangiye ibikorwa byo kubarura abazitabira amatora no kubaha amakarira y’itora, hari impungenge ko ikibazo cy’umutekano mucye “gishobora guhungabanya ibyo ibikorwa” bibanziriza amatora ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.

Patrick Muyaya ahakana ko leta itari kwishora mu makimbirane igamije gusubika aya matora.

Umuvugizi wa leta ya DR Congo akaba na Minisitiri w’Itumanaho, yanakomoje ku ndege ya kiriya gihugu yahawe gasopo ubwo yavogerage ikirere cy’u Rwanda, avuga ko indege yabo ya gisirikare yarashweho n’ingabo z’u Rwanda yariho “Imanuka bisanzwe” ku kibuga cy’indege cya Goma, ariko ko igikomeye ari “ukwiyemeza kuyirasa uzi neza ko ishohora kugwa ahatuye abasivile”.

Mu itangazo Guverinoma y’u Rwanda yasohoye, rivuga ko “hafashwe ingamba z’ubwirinzi” ku ndege y’intambara ya DR Congo yari “yavogereye ikirere cy’u Rwanda”, ikongeraho ko ibyo ari ubwa gatatu byari bibaye.

Patrick Muyaya yatangaje ko u Rwanda na DRC bihuriye ku mupaka mu kiyaga cya Kivu, ari yo nzira indege inyura ngo igere i Goma ku kibuga bityo ko nta makosa yo kuvogera ikirere yabayeho.

Ati: “Aha niho abapilote baca kugira ngo bururutse indege kuri Goma, ibyo rero ntibigomba gufatwa n’u Rwanda nk’ikibazo, naho ubundi n’indege za gisivile zajya ziraswa.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yitabye inteko ishinga amategeko kuri uyu wa Kane, akaba arimo gusobanura uko umubano w’igihugu wifashe mu Karere, ndetse yatinze kuri uyu mubano ukonje hagati ya Congo n’u Rwanda.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ishyamba si ryeru muri KIKAC Music na Mico The Best

Inkuru ikurikira

Serumogo na Kiyovu ni inde wigiza nkana?

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
M23 si umutwe w’ibyihebe, barwanira uburenganzira bwabo – Gen Muhoozi

Gen Muhoozi agiye gusezera igisirikare – Arajya he?

2023/03/27 3:41 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Inkuru ikurikira
Serumogo na Kiyovu ni inde wigiza nkana?

Serumogo na Kiyovu ni inde wigiza nkana?

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010