Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

“Ingamba zafashwe”, RDF yarashe ku ndege y’intambara ya Congo (Video)

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/24 7:05 PM
A A
2
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko ingamba z’ubwirinzi zafashwe nyuma y’uko indege ya gisirikare ya Congo yongeye kuvugera ikirere cy’u Rwanda, ikaraswaho.

Indege y’imbara ya Congo yahuye n’umuriro

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ku isaha ya saa 17h03, indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yavogereye ikirere cy’u Rwanda ku nshuro ya gatatu.

Itangazo rigira riti “Hafashwe ingamba z’ubwirinzi. U Rwanda rurasaba DRC guhagarika ubu bushotoranyi.”

Ababibonye n’amashusho yafashwe, agaragaza iyo ndege iri mu kirere icumba umwotsi, mbere y’uko igwa ku kibuga cy’indege i Goma bakayizimya.

Kwamamaza
https://umuseke.rw/wp-content/uploads/2023/01/WhatsApp-Video-2023-01-24-at-19.04.36.mp4

Tariki ya 28 Ukuboza 2022, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko indege ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavogereye ikirere cyarwo i Rubavu, hejuru y’ikiyaga cya Kivu.

Icyo gihe, Congo yavuze ko u Rwanda nta bushobozi rufite bwo kugenzura ikirere cy’igisirikare cya Congo imbere mu gihugu, bityo ibyo rwavuze mu itangazo bifatwa nk’ubushotoranyi.

Ku wa 07 Ugushyingo 2022, ni bwo indege y’igisirikare ya RDC, bwa mbere yinjiye mu Rwanda, ndetse ihagarara gato ku kibuga cy’i Rubavu mbere yo gusubira muri RDC.

Nabwo u Rwanda rwasohoye itangazo, ndetse Congo yemera ko byabayeho.

https://umuseke.rw/wp-content/uploads/2023/01/WhatsApp-Video-2023-01-24-at-19.04.33.mp4

 

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Gakenke: Mwarimu yatawe muri yombi yavugaga ko azica Nyirabukwe (AUDIO)

Inkuru ikurikira

U Rwanda mu nzira yo kurandura indwara zibasira abantu baciriritse

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
U Rwanda mu nzira yo kurandura indwara zibasira abantu baciriritse

U Rwanda mu nzira yo kurandura indwara zibasira abantu baciriritse

Ibitekerezo 2

  1. Pingback: Congo iti “Ntituzakomeza kurebera” – Umuseke
  2. Yves says:
    shize

    Aya makuru no igice

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010