Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Ngoma: Barasaba irimbi  bakaruhuka gushyingura  ku rutare  
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Ngoma: Barasaba irimbi  bakaruhuka gushyingura  ku rutare  

TUYISHIMIRE RAYMOND TUYISHIMIRE RAYMOND 26/01/2023 8:14

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bafite impungenge z’irimbi bashyinguramo rikomeye,bagasaba ko ryimurwa.

Akarere ka Ngoma karimo Umurenge wa Jarama aho basaba irimbi

Aba baturage bavuga ko kubera ubutaka bukomeye bashyingura mu mwobo mu gufi bityo mu gihe imvura iguye imva ikaba yakwangirika.

Umwe yagize ati ”Ni ahantu ku rutare. Hari igihe ucukura ahantu bikanga ukongera ugacukura na hariya. Bucyeye isuri yatera kuko nta buryo bwo kuyirwanya, ugasanga isanduku iranamye.”

Undi na we yagize ati ”Irimbi bashyizeho hariya, ni ahantu h’amabuye, urutare, bakoresha n’ibisongo. Hari igihe bacukura bikanga. Bakongera bagacukura ahandi bagashyingura, ariko imva ikaba ngufi bitewe n’uko ari urutare.”

Aba baturage bavuga ko iyo imvure iguye amasanduku aba yavuyeho igitaka, bagasaba ko bahabwa irimbi rusange rifite ubutaka bworoshye.

Umwe ati ”Twasaba Leta ko yadushakira irindi rimbi ry’ahantu horoshye. Imva ikagera hasi ariko itari hejuru.”

Aba baturage bavuga ko hari bamwe bafashe icyemezo cyo kujya bashyingura mu ngo.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma, Banamwana Bernard yavuze ko bagiye gushaka umuti w’iki kibazo.

Ati ”Inama njyanama yasabye komite nyobozi gukorana na servisi y’Akarere ya One stop center kugira ngo bajye mu Murenge wa Jarama, bashake aho abaturage bagomba kubona irimbi byanze bikunze, kugira ngo tubakure mu ikosa ryo gushyingura mu ngo, kandi ubuyobozi dufite ubushobozi bwaho iyo serivisi itangirwa.”

- Advertisement -

Abaturage barasaba ko icyifuzo cyabo Leta yacyumva, bakareka gushyingura ahantu hakomeye.

Umurenge wa Jarama uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi, ukaba ufite abaturage basaga ibihumbi 30.

IVOMO: FLASH RADIO/TV

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye

Ruswa mu Rwanda yaragabanutse

Muhanga: Urukiko rwatesheje agaciro ikirego cy’umuturage wahugujwe isambu

Rusizi: Umuganga w’i Bitaro bya Mibilizi yarumwe n’inzoka

Nyuma y’amasezerano y’I Kigali, Ushinzwe abinjira n’abasohoka mu Bwongereza yeguye

TUYISHIMIRE RAYMOND 26/01/2023 11:55 26/01/2023 8:14
Share
Inkuru ibanza Ruhango: Hakenewe asaga Miliyari 2 Frw ku nyubako za Gare nshya
Inkuru ikurikira Volleyball: Hagiye kuba irushanwa ry’Intwari
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Ruswa mu Rwanda yaragabanutse
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Stade ya Huye ishobora kongera guhagarikwa na CAF
Imikino
Muhanga: Urukiko rwatesheje agaciro ikirego cy’umuturage wahugujwe isambu
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye
07/12/2023 1:40

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?