Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ngoma: Barasaba irimbi  bakaruhuka gushyingura  ku rutare  

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/01/26 8:14 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bafite impungenge z’irimbi bashyinguramo rikomeye,bagasaba ko ryimurwa.

Akarere ka Ngoma karimo Umurenge wa Jarama aho basaba irimbi

Aba baturage bavuga ko kubera ubutaka bukomeye bashyingura mu mwobo mu gufi bityo mu gihe imvura iguye imva ikaba yakwangirika.

Umwe yagize ati ”Ni ahantu ku rutare. Hari igihe ucukura ahantu bikanga ukongera ugacukura na hariya. Bucyeye isuri yatera kuko nta buryo bwo kuyirwanya, ugasanga isanduku iranamye.”

Undi na we yagize ati ”Irimbi bashyizeho hariya, ni ahantu h’amabuye, urutare, bakoresha n’ibisongo. Hari igihe bacukura bikanga. Bakongera bagacukura ahandi bagashyingura, ariko imva ikaba ngufi bitewe n’uko ari urutare.”

Aba baturage bavuga ko iyo imvure iguye amasanduku aba yavuyeho igitaka, bagasaba ko bahabwa irimbi rusange rifite ubutaka bworoshye.

Umwe ati ”Twasaba Leta ko yadushakira irindi rimbi ry’ahantu horoshye. Imva ikagera hasi ariko itari hejuru.”

Aba baturage bavuga ko hari bamwe bafashe icyemezo cyo kujya bashyingura mu ngo.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma, Banamwana Bernard yavuze ko bagiye gushaka umuti w’iki kibazo.

Ati ”Inama njyanama yasabye komite nyobozi gukorana na servisi y’Akarere ya One stop center kugira ngo bajye mu Murenge wa Jarama, bashake aho abaturage bagomba kubona irimbi byanze bikunze, kugira ngo tubakure mu ikosa ryo gushyingura mu ngo, kandi ubuyobozi dufite ubushobozi bwaho iyo serivisi itangirwa.”

Abaturage barasaba ko icyifuzo cyabo Leta yacyumva, bakareka gushyingura ahantu hakomeye.

Umurenge wa Jarama uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi, ukaba ufite abaturage basaga ibihumbi 30.

IVOMO: FLASH RADIO/TV

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW
Kwamamaza
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ruhango: Hakenewe asaga Miliyari 2 Frw ku nyubako za Gare nshya

Inkuru ikurikira

Volleyball: Hagiye kuba irushanwa ry’Intwari

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Volleyball: Hagiye kuba irushanwa ry’Intwari

Volleyball: Hagiye kuba irushanwa ry'Intwari

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010