Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/25 10:02 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubuyobozi mu Karere ka Rubavu bwafashe umwanzuro wo gukorera amakarita y’akazi abashumba baragira inka, mu rwego rwo guca urugomo.

Amakarita y’akazi

Hashize igihe abaturage bo muri kariya Karere bagaragaza ko abashumba baboneshereza, cyangwa bakabangiriza urutoki, imitumba bakajya kuyiha inka zabo.

Ubutumwa UMUSEKE wabonye bugenewe abashumba n’abarozi babakoreha, buvuga ko ntawemerewe kwitwaza umuhuro.

Bugira buti “Umushumba uzagaragara mu Murenge adafite ikarita imuranga, agendana inkoni cyangwa umupanga atari mu bikorwa biwukeneye, azafatwa nk’ugambiriye ubugizi bwa nabi.”

Kwamamaza

Ubyobozi bw’Umurenge wa Rubavu, buvuga ko kubarura abashumba byatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 25/01/2023, kandi nyuma yo kubabarura bose bagahabwa ikarita y’akazi ibaranga.

Abashumba bari mu Kagari ka Burinda, ni bo ibarura ryahereyeho aho bajya ku biro bakuzuza amakuru yabo, nyuma bafotorwe.

Nyuma ya saa sita harakorerwa abo mu Kagari ka Murambi, igikorwa kizakomeze kuri uyu wa Kane, tariki 26/01/2023 mu tugari twa Murara na Gikombe, naho ku wa 27/01/2023 Hazakorerwa utugari twa Rukoko, Buhaza na Byahi.

Umunyamakuru uri i Rubavu, yabwiye UMUSEKE ko iyi ari imwe mu ngamba zafashwe nyuma y’uko hagaragaye urugomo rukorwa n’abashumba.

Ati “Kuri ubu bambuwe imipanga bakoreshaga, bayisanga aho bagiye aho kuyigendana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Ildephonse Kambogo yavuze ko iki gikorwa gisanzwe, mu rwego rwo kumenya abashumba.

Ati “Abaturage bavugaga ko bonesherezwa cyangwa bahohoterwa muri uriya Murenge, bisaba ko tumenya ngo abashumba dufite muri uriya murenge ni ba nde bababarizwa he?” 

Mayor avuga ko kiriya gikorwa kizafasha gukemura ibibazo byari biriho byagaragaye.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Nduwimana Louis Roméo wasinyiye Rwamagana ni muntu ki?

Inkuru ikurikira

Volleyball: Ubuyobozi bwa REG VC bwakebuye FRVB

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Volleyball: Ubuyobozi bwa REG VC bwakebuye FRVB

Volleyball: Ubuyobozi bwa REG VC bwakebuye FRVB

Ibitekerezo 1

  1. Papa Nsabi Musanze says:
    shize

    Hhhhhhh, umushumba w
    Inka ikarita ikarita? Hhh babuze ububaha passports.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010