Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Nduwimana Louis Roméo wasinyiye Rwamagana ni muntu ki?

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/01/25 9:52 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu minsi mike ishize ni bwo ikipe ya Rwamagana City yasinyishije umukinnyi ukomoka i Burundi, Nduwimana Louis Roméo ariko uzwi cyane ku izina rya Roumy.

Nduwimana [Ufite umupira] yitegute gufasha ikipe ya Rwamagana City
Uyu mukinnyi w’imyaka 22 y’amavuko, asanzwe akinira ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ariko mbere yo kuzuza iyi myaka yakiniye iy’abatarengeje imyaka 20.

Ni umusore ukinisha amaguru yombi, akaba akina mu gice cyose cy’ubusatirizi. Yaje avuye muri Bujumbura City.

Aganira na UMUSEKE, yavuze ko afite intego zagutse zirimo gukinira amakipe makuru mu Rwanda n’ikipe nkuru y’Igihugu y’u Burundi.

Kwamamaza

Ati “Nishimye kuza gukina mu Rwanda. Nje gukora cyane no gufasha ikipe yanjye kugira ngo ive habi iri. Mfite intego zagutse nk’undi mukinnyi wese. Nje kwerekana icyo nshoboye hano mu Rwanda.”

Uyu musore ukina mu gice cy’ubusatirizi aca ku mpande cyangwa akaba yakina inyuma ya rutahizamu, ahamya ko shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu Rwanda ikomeye kandi ishobora gufasha umukinnyi kuzamura urwego rwe.

Akomeza avuga ko ikindi kimuraje inshinga, ari ugutsinda byinshi bishoboka byibura akazaba ari hafi mu batsinze ibitego byinshi n’ubwo avuga ko bitoroshye ariko hamwe no gukora cyane byose bishoboka.

Mu mwaka w’imikino 2019/2020, yabaye umukinnyi w’irushanwa muri Cecafa y’Abatarengeje imyaka 20.

Nduwimana yakiniye ikipe z’iwabo i Burundi, zirimo Muzinga, Atletico Olimpic na New Oil.

Nduwimana [10] ni umusore utekerezwaho i Burundi
Roumy [wa 5 iburyo mu bahagaze] ni umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’abato y’i Burundi

Roméo ni umusore ukina mu busatirizi

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ukraine igiye guhabwa ibimodoka bishya by’intambara birimo ibyitwa “Ingwe”

Inkuru ikurikira

Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

Izo bjyanyeInkuru

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM
Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

2023/02/05 9:01 AM
PNL: Abakinnyi batanu ntibemerewe gukina umunsi wa 18

PNL: Abakinnyi batanu ntibemerewe gukina umunsi wa 18

2023/02/03 12:04 PM
Wheelchair-Basketball: Shampiyona yagarutse

Wheelchair-Basketball: Shampiyona yagarutse

2023/02/03 11:30 AM
Handball: i Gicumbi hagiye kubera irushanwa ry’umunsi w’Intwari

Handball: i Gicumbi hagiye kubera irushanwa ry’umunsi w’Intwari

2023/02/03 10:40 AM
AMAFOTO: Adel ugarutse gutoza Musanze, yageze mu Rwanda

AMAFOTO: Adel ugarutse gutoza Musanze, yageze mu Rwanda

2023/02/03 7:46 AM
Inkuru ikurikira
Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

Rubavu: Abashumba bari guhabwa amakarita y’akazi abaranga

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010