Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Rwanda: Umugororwa wahawe igihano kiruta ibindi yatorotse gereza irinzwe cyane
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Rwanda: Umugororwa wahawe igihano kiruta ibindi yatorotse gereza irinzwe cyane

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 24/01/2023 12:46
NTAWUKURIRYAYO Jean Damascene mwene Mbonyubwami na Mukamusoni, yavutse mu 1993

Umugororwa ukomoka mu karere ka Gisagara wari ukatiwe igihano cy’igifungo cya burundu yatorotse gereza ya Nyanza, irinzwe cyane.

NTAWUKURIRYAYO Jean Damascene mwene Mbonyubwami na Mukamusoni, yavutse mu 1993

RCS, urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda, rwatangaje ko uriya muntu yatorotse ariko ari gushakishwa.

Umusore w’imyaka 30 y’amavuko wagororerwaga muri Gereza ya Mpanga iherereye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, amakuru yo gutoroka kwe yamenyekanye kuri uyu wa Kabiri.

Ntawukuriryayo Jean Damasce ukomoka mu kagari ka Nyaruteja, mu murenge wa Nyanza, mu karere ka Gisagara yahamijwe icyaha cy’ubwicanyi akatirwa igihano cy’igifungo cya burundu.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS), SSP Uwera Pelly yabwiye UMUSEKE ko uriya mugororwa yatorotse bityo inzego bireba zikaba zatangiye iperereza, no kumushakisha.

Ati “Inzego bireba zatangiye iperereza, si ngombwa ko hari byinshi byatangazwa mu itangazamakuru.”

Abazi Gereza ya Nyanza uyirebeye inyuma, unageze imbere bigaragara ko kuyitoroka bigoye.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS), SSP Uwera Pelly avuga ko bishoboka bitewe n’impamvu zitandukanye.

Ati “Abagororwa bashobora kujya hanze bagiye mu mirimo itandukanye, kimwe n’uko bashobora kujyanwa kwa muganga umugororwa agatoroka.”

- Advertisement -

SSP Pelly asaba Abanyarwanda kwirinda gutoroka igororero ahubwo bakajya bemere gukora ibihano bahawe n’inkiko.

Théogène NSHIMIYIMANA/UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Abaturage bateye amabuye kugeza apfuye umugore “bavuga ko yaroze abana babiri”

M23 igiye gufata ibice byarimo ingabo za Kenya zari muri Congo

Tora IZABAYO Clementine intumwa nyayo ku mwanya w’umujyanama rusange

Ubuyobozi bwa Kiyovu bwatanze umucyo ku bibazo biyivugwamo

Muhanga: Abakekwaho kwica umukecuru bamushinyaguriye batawe muri yombi

Ange Eric Hatangimana 24/01/2023 12:53 24/01/2023 12:46
Share
Inkuru ibanza Rayon Sports yasubije ibyifuzo by’abakunzi ba yo
Inkuru ikurikira Alyn Sano yarikoroje ku mbuga kubera agakingirizo
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Abaturage bateye amabuye kugeza apfuye umugore “bavuga ko yaroze abana babiri”
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
M23 igiye gufata ibice byarimo ingabo za Kenya zari muri Congo
Afurika Amahanga Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru
M23 – AMAKURU MASHYA YA GEN MAKENGA – AMERICA IBISHATSE INTAMBARA YA CONGO YARANGIRA – RUDATSIMBURWA
UMUSEKE TV
Tora IZABAYO Clementine intumwa nyayo ku mwanya w’umujyanama rusange
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Abaturage bateye amabuye kugeza apfuye umugore “bavuga ko yaroze abana babiri”
03/12/2023 3:00

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?