Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Umugore yapfanye n’umwana we nyuma yo guturikanwa na Gas
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Umugore yapfanye n’umwana we nyuma yo guturikanwa na Gas

TUYISHIMIRE RAYMOND TUYISHIMIRE RAYMOND 23/01/2023 8:05
Umugore yapfanye n'umwana we yari agiye gutabara

Kayonza: Mu ijoro ryo ku Cyumweru, umugore yapfiriye mu mpanuka ya Gas yabaturikanye we n’umwana we, nk’uko ubuyobozi bubivuga.

Umugore yapfanye n’umwana we yari agiye gutabara

Uwahaye amakuru UMUSEKE yavuze ko ibi byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 22 Mutarama, 2023 mu Murenge wa Mukarange, Akagari ka Nyagatovu, mu Mudugudu w’Irebero, uretse abapfuye n’ibyo bari bafite mu nzu byose byahiriyemo.

Amakuru UMUSEKE kandi wamenye ni uko uwo mugore yitwa Francoise uri mu kigero cy’imyaka 32 akaba yari Umwarimukazi ku mashuri y’i Mukarange, naho umwana we afite imyaka 8.

MUNGANYINKA Hope, Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, yabwiye UMUSEKE ko iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku cyumweru ahagana saa mbili z’ijoro.

Ati “Ni impanuka, Gas yaturitse iturikana umwana na nyina, umugabo ntabwo yari mu rugo, hariyo umugore n’abana babiri, umwana umwe n’umugore basohotse, umugore asubira mu nzu gukuramo umwana muto wari urimo nibwo inkongi yabashe bapfiramo.”

Yavuze ko iyo Gas bari bakiva kuyigura, kandi bayitwaye ku igare, bahita bayikoresha “bagakeka ko yari yapfundutse bayicanye ihita iteza inkongi.

Ati “Turabihanganisha kuri iyo mpanuka yabaye, tunabasaba kwitwararika….twagerageza kongera kwibutsa amabwiriza yo kuyikoresha no kubyitondamo.”

Nyuma y’impanuka imirambo ya ba nyakwigendera yajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Gahini. Umwe mu batuye i Kayonza wahaye amakuru UMUSEKE, yatubwiye ko biteganyijwe ko bariya bantu bazashyingurwa kuri uyu wa Kabiri mu irimbi ry’ahitwa Rwamuhama.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

- Advertisement -

You Might Also Like

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye

Ruswa mu Rwanda yaragabanutse

Muhanga: Urukiko rwatesheje agaciro ikirego cy’umuturage wahugujwe isambu

Rusizi: Umuganga w’i Bitaro bya Mibilizi yarumwe n’inzoka

Nyuma y’amasezerano y’I Kigali, Ushinzwe abinjira n’abasohoka mu Bwongereza yeguye

TUYISHIMIRE RAYMOND 23/01/2023 8:32 23/01/2023 8:05
Share
Inkuru ibanza Igihano Bamporiki yari yakatiwe cyongereweho umwaka
Inkuru ikurikira Hari kubakwa ikiraro cyo hejuru kizahuza Muhanga na Gakenke
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Ruswa mu Rwanda yaragabanutse
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Stade ya Huye ishobora kongera guhagarikwa na CAF
Imikino
Muhanga: Urukiko rwatesheje agaciro ikirego cy’umuturage wahugujwe isambu
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye
07/12/2023 1:40

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?