Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Afurika

Gen Muhoozi abona M23 nk’abarwanyi bakwirukansa ingabo za Kenya

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/02/27 9:52 PM
A A
2
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuhungu wa Perezida wa Uganda akaba n’umujyanama we, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko azaba Perezida wa Uganda, nyuma y’ubutegetsi bwa William Ruto uyoboye Kenya, yongera gutangaza amagambo ashotora iki gihugu.

Gen Muhoozi ni umwe mu bavuga ibintu atanyuze ku ruhande, bamwe bavuga ko atari imvugo ya politiki

Uyu mugabo ukunze kutavugwaho rumwe kubera ibyo atangaza kuri Twitter, yari yabanje gutaka Perezida Museveni, na Perezida Paul Kagame na we ubwe ko ari intwari, ahishura uburyo azaba Perezida.

Mu magambo arimo kwishongora kuri Kenya yagize ati “Byambereye umutwaro igihe kinini… bwa nyuma na nyuma Kristo anyemereye kubivuga. Nzaba Perezida wa Uganda nyuma ya Perezida Ruto nzaba icyarimwe Perezida wa Uganda na Kenya!!!”

Gen Muhoozi akomeza agira ati “Ikintu kimwe twe indwanyi tuzi kuri Kenya ni uko bahunga cyane umwanzi. M23 izabakubita, ibacemo ibice muri RDCongo nta gushidikanya. Ahari birashoboka ko bampa akazi nk’umujyanama wabo wabafasha.”

Kwamamaza

Gen Muhoozi waherukaga gutangaza amagambo yarakaje Abanya-Kenya, yongeye gushimangira ko umurwa mukuru Nairobi ari uwe.

Ati “No mu nzozi zanjye Nairobi ni iya njye. Ibirwa by’abaturanyi bo mu majyepfo bizaba mu rugo. Uwo Mujyi n’igihugu ni ibyanjye! Nshobora gutsinda amatora yose ya Kenya. Abantu barankunda.”

Mu bihe bitandukanye uyu mujenerali yagiye ajya kuri twitter ahatangariza amagambo asa no gushotora Kenya.

Hari ubwo yigeze kuvuga ko  ingabo za Uganda bitazisaba ibyumweru bibiri ngo zibe zifashe Nairobi.

Aya magambo ya Muhoozi yatumye Uganda isaba imbabazi mu ibaruwa, na Perezida Museveni ubwe asaba imbabazi Kenya.

Ndetse byatumye Muhoozi akurwa ku mwanya w’umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda.

Gen Muhoozi ubwe yisabiye Imbabazi kubera ayo magambo yafashwe nko gushotorana.

Kuri Twitter yagize ati “Nta kibazo nigeze ngirana na Afande Ruto. Niba narakosheje aho ariho hose, ndamusaba kumbabarira nk’umuhungu we.”

Nubwo nta wabyemeza, Gen Muhoozi bamwe babona ko ashobora kuba ari we uzasimbura Perezida Yoweri Museveni.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Kagame yakuriye inzira ku murima Abayobozi bakuru babaho “muri tombola”

Inkuru ikurikira

Leta yemeye ko imodoka zitwara abantu muri Kigali ari nkeya

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

2023/05/28 10:06 AM
Inkuru ikurikira
Leta yemeye ko imodoka zitwara abantu muri Kigali ari nkeya

Leta yemeye ko imodoka zitwara abantu muri Kigali ari nkeya

Ibitekerezo 2

  1. Ndoba says:
    shize

    Uyu yamunzwe na waragi gusa nta mu general utekereza gutya

  2. Kamali says:
    shize

    Nyamara uyu mu types arwaye ibishwekuru?????

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010