Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Leta yemeye ko imodoka zitwara abantu muri Kigali ari nkeya

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/02/27 10:58 PM
A A
3
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo, Eng. Uwase Patricie, yavuze ko mu gihe cyitarenze amezi atatu hazongerwa bus 300 mu zitwara abagenzi mu mihanda y’i Kigali.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo, Eng. Uwase Patricie

Ibi yabigarutseho ubwo yasubizaga umuturage witabiriye Inama y’Umushyikirano wagaragaje ikibazo cyo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali.

Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA, Uwase Patricia, yavuze ko hari ikibazo cyo gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, gusa ko cyatangiye gushakirwa igisubizo.

Yagize ati “Icyo navuga cyakozwe ni uko ubu turi hafi yo kugura imodoka ziyongera ku zindi.”

Kwamamaza

Eng Uwase Patricia yagaragaje ko kuva mu 2012-2014 hakunze kugaragaza ikibazo cy’imodoka nke zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, bigatuma abantu bamara umwanya bategegereje.

Yavuze ko icyo kibazo cyatangiye gushakirwa igisubizo ndetse ko kuri ubu hagiye kongerwa imodoka.

Ati “Mu gihe kidatinze turaba twongeyemo imodoka 300.”

Yavuze ko batangiye gushaka aho bazigura, ndetse n’ingengo y’imari izigura ngo yarabonetse.

Yagize ati “Igihe kitarenze amezi atatu kuko kugura imodoka hari aho zikorerwa, hari ukuzizana na byo bifata umwanya, ariko ni gahunda iri gukorwaho iri hafi kurangira.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo yavuze ko bazakomeza gukorana n’abikorera.

Mu 2013, Umujyi wa Kigali n’Urwego Ngenzuramikorere binyuze muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, hatanzwe isoko ku bigo byifuzaga gutwara abantu n’ibintu mu Mujyi wa Kigali.

Icyo gihe ibigo byatsinze ni bitatu bya birimo icya KBS [Kigali Bus Services], RFTC [Rwanda Federation of Transport Cooperatives] ndetse na Royal Express.

Icyakora kubera kumara umwanya munini abantu bari ku mirongo, hatanzwe amahirwe ku bigo bifite imodoka zitwara abagenzi hagamijwe kuziba icyuho, nubwo ikibazo kikigaragara.

Umujyi wa Kigali, imibare yavuye mu Ibarura rusange ry’abaturage, igaragaza ko ubu utuwe n’abantu miliyoni 1.7.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Gen Muhoozi abona M23 nk’abarwanyi bakwirukansa ingabo za Kenya

Inkuru ikurikira

Ibintu bitanu byihariye ku ndangarubuga y’u Rwanda (.RW) n’umusaruro wayo

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Ibintu bitanu byihariye ku ndangarubuga y’u Rwanda (.RW) n’umusaruro wayo

Ibintu bitanu byihariye ku ndangarubuga y'u Rwanda (.RW) n'umusaruro wayo

Ibitekerezo 3

  1. Anonymous says:
    shize

    Leta igurire abashoramari cg niyo igiye gukora transport

    • Mayimayi says:
      shize

      Mbega emboutteillage na accidents bigiye kwiyingera.
      Leta niyemere ijye ihomba ariko isubizeho ONATRACOM

  2. Mayimayi says:
    shize

    Mbega emboutteillage na accidents bigiye kwiyingera.
    Leta niyemere ijye ihomba ariko isubizeho ONATRACOM

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010