Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Inama 6 ku bahinzi bafite ubwanikiro bw’ibigori – RAB

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/02/24 7:15 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), kibukije  abahinzi n’abandi bafatanyabikorwa ibikwiye kwitabwaho mu gihe cyo gukoresha ubwanikiro bw’imyaka.

Ubwanikiro bw’ibigori (Archives)

Iki kigo cyavuze ko biri mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umusaruro w’ubuhinzi n’umutekano w’ababukoresha.

Itangazo rya RAB ryo ku wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, rivuga  bimwe mu bikwiye kwitabwaho mu gihe abahinzi bagiye gukoresha ubwanikiro bw’imyaka

Bimwe muri ibyo harimo “Gukora isuku mu bwanikiro, kugenzura uko ubwanikiro bumeze nibura inshuro imwe mbere ya buri gihembwe, kwirinda kwanika ibirenze ubushobozi bw’ubwanikiro, gukorera hanze y’ubwanikiro imirimo itari iyo kumisha imyaka nko guhungura, gutoranya, kugosora, ubucuruzi, kuzirikamo amatungo n’ibindi.”

Kwamamaza

RAB yasabye abahinzi gufata amazi ava ku bwanikiro no gusuzuma ko inkingi zikomeye, kurwanya umuswa n’utundi dukoko dushobora kwangiza ibiti, kuzirika ibisenge kugira ngo bitangizwa n’umuyaga no gushyiraho itsinda ry’abahinzi rishinzwe imicungire y’ubwanikiro.

RAB yasabye  inzego z’ibanze ubufatanye mu gukurikirana ko amabwiriza ajyanye no gukoresha ubwanikiro bw’imyaka yubahirizwa uko bikwiye, hagamijwe kubungabunga umusaruro w’ubuhinzi n’umutekano w’abakoresha ubwanikiro.

Ibi RAB ibitangaje nyuma  y’impanuka ebyiri ziherutse kuba.

Imwe yabereye mu Karere ka Gasabo ihitana abantu 11 abandi 30 bagakomereka. Indi niyo  mu Karere ka Ngoma yakomerekeje 20 bakomerekeye muri iyo mpanuka.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ruhango: Uko umujura yatunguye uwari urinze umurima nijoro

Inkuru ikurikira

Muhanga: Hagaragajwe imibare y’ibipimo by’ubuzima idahuye n’ukuri

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Muhanga: Hagaragajwe imibare y’ibipimo by’ubuzima idahuye n’ukuri

Muhanga: Hagaragajwe imibare y'ibipimo by'ubuzima idahuye n'ukuri

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010