Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Inkuru Nyamukuru

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/02/05 7:30 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Nyuma yo kuburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agatenyo, Nshimiye Joseph na Barandinduka Serge, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwategetse ko bafungwa iminsi 30 by’agatenyo kubera ibyaha bakurikinyweho.

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa iminsi 30

Iki cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, cyasomwe ku wa Gatanu tariki 3 Gashyantare 2023 nyuma y’uko aba bombi bari babanje kuburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Mu iburanisha ryaherukaga kuba,  Ubushinjacyaha bwavuze ko Nshimiye Joseph na mugenzi we, Barahinduka Serge bashishikarije abaturage gushora imari mu bikorwa bari bise ubucuruzi bwunguka ariko mu cyasaga nk’urusimbi ariko izo nyungu bababwiraga ntibazibone.

Aba bombi ngo basabaga abaturage gushora amafaranga baguze robot mu buryo bw’ikoranabuhanga kugira ngo ijye yungukira buri muntu nibura 2.5% by’ayo yashoye buri munsi.

Kwamamaza

Mu kwiregura, Nshimiye Joseph yavuze ko iby’ubwo bucuruzi na we yabibwiwe na Barahinduka Serge agashoramo amafaranga kandi mu ntangiriro z’ubwo bucuruzi yungukaga.

Nshimiye yavuze ko nyuma y’amezi atageze muri atatu bakora neza, haje kuzamo ikibazo bituma ibikorwa byabo bihagarikwa ari na bwo abantu bahise bajya kumurega kandi na we yarashoyemo amafaranga ye.

Nshimiye yari yabwiye Urukiko ko atakabaye akurikiranwaho ubwambuzi kuko nta muntu yigeze ashuka cyangwa ngo amwambure amafaranga ye.

Barahinduka Serge we yaburanye yemera ko koko bari bafite ikigo cyitwa Gold Panning A.I [Artificial Intergency], gikodesha robots mu buryo bw’ikoranabuhanga uwayikodesheje ikajya imwungukira ariko ari icy’abanyamahanga atari icye.

Uyu yahakanye ko yigeze agira uwo ashuka cyangwa yigeze yambura kuko yagaragaza ko buri wese ibyo yakoraga yabikoraga yabanje kubitekerezaho kugira ngo azane amafaranga ye.

Barahinduka yavuze ko n’ubwo ari we wabanje gukorana n’iki kigo mu Rwanda, ariko atari we nyiracyo kandi ko n’ubwo bimaze kugenda nabi yarezwe hari ababanje kunguka.

Nyuma yo gusuzuma uko aba bombi bireguye ku byo bashinjwaga n’Ubushinjacyaha, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko bombi bafite impamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha, bityo bagomba gufungwa iminsi 30 by’agateganyo kugira ngo batazatoroka Ubutabera.

Ubwo batangaga ikirego, ababuriye amafaranga muri Gold Panning, bari bavuzemo na Ntambara Pierre Céléstin wiyise Billy ariko kugeza ubu we ntaratangira kuburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Nshimiye Joseph na Barandinduka Serge basabiwe kuba bafunzwe iminsi 30 by’agatenyo kugira ngo batazatoroka Ubutabera

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

Inkuru ikurikira

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab'i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ibitekerezo 1

  1. Ajax says:
    shize

    Uwo ngo ni Serge mwa bantu mwe yavuye I Burundi atorotse kubera ibyo yita Robots kuva 2015 nibyo akora mu Rwanda yagiye Arya amafaranga ya bantu kuva kera ahubwo batinze ku mufata yo gatindwa Kandi akorana na Rwema rwose abo baturage mu barenganure ntabwo babeshya ni ibisambo abaturage turabizi ko ibyo bi system basanzwe babicura

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010