Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/02/04 9:42 PM
A A
5
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu nama y’Abakuru b’ibihugu yabereye i Bujumbura yiga ku mahoro arambye muri Congo, hanzuwe ko ibihugu byemeye kohereza ingabo bibikora vuba, kandi impande zihanganye muri Congo zigahagarika imirwano, n’imitwe irwanira muri kiriya gihugu igashyira intwaro hasi.

Perezida Paul Kagame aramukanya na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi

Ni imyanzuro isa n’iyari imaze igihe ifashwe, gusa igikenewe cyanasabwe ni ubushake bw’impande zose zirebwa n’ikibazo.

Inama yahuje Perezida Ndayishimiye Evariste, w’u Burundi, Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Museveni wa Uganda, Antoine Felix Tshisekedi, wa Congo,  Mme Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, William Ruto wa Kenya na Minisitiri Deng Alor Kuol wa Sudan y’Epfo wahagariye Perezida Salva Kiir.

Mu myanzuro ikomeye ikubiye mu tangazo ryasohotse, harimo gusaba ko impande zihanganye muri Congo zihita zihagarika imirwano, no kuba imitwe ikomoka mu mahanga irwanira muri Congo, igomba kuhava.

Kwamamaza

Inama y’Abakuru b’ibihugu yasabye ko Abagaba Bakuru b’ingabo mu bihugu bya EAC, bahura mu cyumweru kimwe kugira ngo bongere kugena igihe ntarengwa ku kuba imitwe yitwaje intwaro yazishyize hasi, indi ikaba yavuye ku butaka bwa Congo, no kureba uko ingabo z’ibihugu by’Akarere zagera muri Congo vuba.

Ibikorwa by’ingabo z’Akarere bigomba kujyana n’inzira y’ibiganiro, yaba iya Nairobi n’iya Luanda muri Angola, utazabyubahiriza, Umuhuza mu biganiro, Uhuru Kenyatta azahita atanga raporo ifatweho icyemezo n’Abakuru b’Ibihugu bitabiriye iyi nama.

Uku niko inama yabaye Abakuru b’Ibihugu bari bicaye muri ubu buryo

Undi mwanzuro ugira uti “Inama yasabye ibihugu byose byemeye gutanga ingabo kuzohereza byihutirwa, kandi Congo igasabwa guhita yorohereza kuza kw’izo ngabo, zaba iza Sudan y’Epfo, na Uganda.”

Inama y’Abakuru b’Ibihugu yashimye umusanzu wa Angola na Senegal mu bijyanye no gufasha mu buryo bw’amafaranga mu bikorwa bigamije kugarura amahoro muri Congo.

Banashimye umusanzu Kenya na Tanzania byashyize mu kigega kigamije amahoro mu Karere ka Africa y’Iburasirazuba, ndetse u Rwanda na Uganda na byo byiyemeje gutangamo umusanzu.

Perezida Felix Tshisekedi wa Congo yari hafi ya William Ruto wa Kenya
Perezida Paul Kagame aganira na Perezida Samia Suluhu wa Tanzania
Perezida Paul Kagame yanagiranye ibiganiro na Perezida Evariste Ndayishimiye

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Réseau des Femmes mu mujishi wo kubaka umuryango utekanye i Burera

Inkuru ikurikira

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by'agateganyo

Ibitekerezo 5

  1. Pingback: Tashisekedi yakoresheje imvugo iremereye kuri General uyoboye ingabo za EAC (VIDEO) – Umuseke
  2. Pingback: Tshisekedi yakoresheje imvugo iremereye kuri General uyoboye ingabo za EAC (VIDEO) – Umuseke
  3. Pingback: Tashisekedi yakoresheje imvugo iremereye kuri General uyoboye ingabo za EAC (VIDEO) | yacunews
  4. Pingback: M23 yahawe iminsi ntarengwa ikaba yavuye mu bice yafashe byose – Umuseke
  5. Pingback: Indi nama igiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi – Umuseke

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010