Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/03/16 12:29 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu Nama y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, abanyamuryango ba ryo bongeye kugirira icyizere Gianni Infantino bamutorera kuyobora indi manda.

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA

Aya matora yabereye mu Rwanda, mu Nama iri guhuza Abanyamuryango ba FIFA uko ari 211.

Gianni wari umukandida umwe rukumbi, yongeye gutorerwa kuyobora uru rwego mu gihe cy’imyaka ine iri imbere uhereye 2023-2027.

Ingingo ya 30 mu gika cyayo cya gatatu mu mategeko shingiro ya FIFA, ivuga ko iyo umukandida ari umwe, yemezwa hakomwa amashyi.

Kwamamaza

Nyuma yo gutorwa, Infantino yashimiye abantu bose bagaragaje ko bamushyigikiye, yemeza ko azakomeza guteza imbere ruhago ku Isi.

Ati “Nzakomeza kwitangira FIFA, nzakomeza kwitangira umupira w’amaguru hagamijwe iterambere ryawo ku Isi yose.”

Gianni w’imyaka 53, yari yatorewe kuyobora FIFA mu 2016, atorerwa manda y’imyaka ibiri yagombaga kugeza mu 2019.

Abitabiriye Inteko Rusange ya FIFA iteraniye i Kigali bafashe umunota umwe wo kunamira Edson Arantes do Nascimento wamamaye nka Pelé.

Uyu Munya-Brésil ufatwa nk’umukinnyi wa mbere wabayeho mu mateka ya ruhago ku Isi yitabye Imana ku wa 29 Ukuboza 2022.

Inteko Rusange ya FIFA yatoreye icyemezo cyo kugumishaho ibihano byahawe Zimbabwe na Sri Lanka. Ibi bihugu byombi ni byo bitari byemerewe gutora Perezida wa FIFA bikiyongeraho na Koreya y’Epfo itarayitabiriye.

Muri iyi Nama, hafatiwemo indi myanzuro irimo ko igikombe cy’Isi gitaha, kizitabirwa n’amakipe y’Ibihugu 48 azaba agabanyije mu matsinda 12.

Infantino amaze iminsi ayobora Inama iri kubera mu Rwanda

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rukarakara, imari ishyushye mu gufasha abanyarusizi kwigondera inzu zo guturamo

Inkuru ikurikira

Abandi bakomando b’Abarundi bageze muri Congo

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Abandi bakomando b’Abarundi bageze muri Congo

Abandi bakomando b’Abarundi bageze muri Congo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010