Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Perezida Kagame arashimirwa kwita ku buzima muri Africa

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/03/14 1:19 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuyobozi w’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS,Dr Tedros Adhanome Ghebreyesus , yashimiye Perezida Paul Kagame uruhare rwe mu gutuma Afurika igira inkingo mu buryo bungana.

Ku wa Mber enibwo u Rwanda rwakiriye ibikoresho bizifashishwa mu gukora inkingo

Ibi abitangaje nyuma yaho kuri  wa Mbere tariki 13 Werurwe, 2023,  u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’imashini n’ibindi bikoresho bigizwe na Kontineri esheshatu zifashishwa mu ruganda rw’inkingo n’imiti, ruzatangira gukora mu mpera z’uyu mwaka.

Mu butumwa bwe, Umuyobozi wa OMS, yashimye umuhate w’umukuru w’Igihugu mu gutuma Afurika igira inkingo mu buryo bungana.

Ati “Mu by’ukuri ni amateka, nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ndashimira imiyoborere yanyu n’umuhate mugira mu gutuma Afurika igira inkingo mu buryo bungana.”

Kwamamaza

Mbere gato, Perezida Kagame kuri twitter na we yari yatangaje ko amateka abaye yo kwakira izi mashini.

Yagize ati “Uyu munsi ni intambwe ya mbere y’amateka nyuma y’uko kontineri za BioNTech zigeze mu Rwanda, mu gihe hashize imyaka itatu umuntu wa mbere mu Rwanda agaragayeho icyorezo cya Covid-19.”

Perezida Kagame yashimiye kandi  itsinda ry’abagize BioNTech, by’umwihariko Uğur Şahin, Özlem Türeci, Sierk Pötting n’abandi bafatanyabikorwa bagize uruhare kugira ngo iyi ntambwe igerweho, barimo kENUP Foundation, Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO), ndetse n’Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya indwara (Africa CDC).

Mu mpera z’uyu mwaka wa 2023 nibwo giteganyijwe ko imirimo y’uruganda yatangira gukora. Rukazakora  inkingo za Covid-19,  iza Malaria, Igituntu, Kanseri ndetse na SIDA.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Amabagiro yabujijwe gucuruza inyama zitabitse muri frigo amasaha 24

Inkuru ikurikira

Gasabo: Abagore bahawe gaz zo kubafasha kwihutisha imirimo yo mu rugo

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Gasabo: Abagore bahawe gaz zo kubafasha kwihutisha imirimo yo mu rugo

Gasabo: Abagore bahawe gaz zo kubafasha kwihutisha imirimo yo mu rugo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010