Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Afurika

America yasabye “u Rwanda guhagarika ubufasha kuri M23”, inabisaba ibihugu bifasha FDLR

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/05/25 2:29 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ibiro by’Umuvugizi wa Leta muri America byatangaje ko, Umunyabanga wa leta ya America, Antony J. Blinken yagiranye ikiganiro na Perezida Antoine Felix Tshisekedi, mu byo baganiriye harimo ubwicanyi bikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo.

Antony J. Blinken ku wa Kabiri tariki 23 Gicurasi, 2023 ni bwo kuri telefoni yahamagaye Perezida Félix Tshisekedi wa Congo

Amagambo yasubiwemo n’Umuvugizi, Matthew Miller, avuga ko Umunyabanga wa Leta ya America, Antony J. Blinken ku wa Kabiri tariki 23 Gicurasi, 2023 ari bwo kuri telefoni yahamagaye Perezida Félix Tshisekedi wa Congo.

Itangazo rivuga ko baganiriye ku bikorwa bibi, ndetse bibangamiye kiremwa muntu bikomeza kubera mu Burasirazuba bwa Congo.

Blinken ngo yagaragarije Tshisekedi ko ahangayikishijwe n’abantu bicwa, abakomeretse n’abavuye mu byabo, ndetse n’abandi bagirwaho ingaruka n’ibikorwa bibi.

Kwamamaza

Itangazo rigira riti “Yavuye ko America yahamagariye u Rwanda guhagarika ubufasha kuri M23, anagaragaza ko hakenewe ko ibihugu byose bigarika ubufatanye na FDLR, n’indi mitwe yitwaje intwaro.”

Blinken na Perezida Tshisekedi banavuganye uburyo byihutirwa ko umutwe wa M23 uva aho wafashe, ugashyira intwaro hasi bigendanye n’ibyemezo byafatiwe i Luanda muri Angola, n’ibikubiye mu myanzuro ya Nairobi.

Umunyabanga wa Leta muri America yagaragaje ko ahangayikishijwe n’imbwirwaruhame, n’imvugo zihembera amacakubiri n’urwango.

Blinken yagaragarije Tshisekedi ko abanye-Congo bikwiye kurekerwa uburenganzira bafite bwo kwigaragambya mu mahoro, bakagaragaza ibyifuzo byabo n’ibyo babona bitagenda.

Leta zunze ubumwe za America zizeje Congo ko zizatera inkunga amatora.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry’iminsi ibiri

Inkuru ikurikira

Umushinga “THE IHANGANE PROJECT” uri mu nzira zo guhindura izina ukitwa “TIP GLOBAL HEALTH”

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Umushinga “THE IHANGANE PROJECT” uri mu nzira zo guhindura izina ukitwa “TIP GLOBAL HEALTH”

Umushinga "THE IHANGANE PROJECT" uri mu nzira zo guhindura izina ukitwa "TIP GLOBAL HEALTH"

Ibitekerezo 1

  1. Anonymous says:
    shize

    Amerika izabanze yishyure amadeni ibereyemo U Bushinwa ibone gutayanjywa itanga amabwiriza, ku bihugu byikukiye!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010