Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Nyampinga wihebeye ubworozi bw’ingurube yakabije inzozi

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/05/18 10:30 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Uwimana Jeannette uherutse gutorerwa ikamba rya Miss Innovation w’umwaka wa 2022, kuri uyu Gatatu tariki ya 17 Gicurasi 2023, yakabije inzozi zo kuba umworozi w’ingurube nk’imwe mu matungo atanga umusaruro ku rwego rwo hejuru.

Miss Uwimana Jeannette yorojwe ingurube

Uyu nyampinga yashyikirijwe Ingurube yo mu bwoko bwa Landrace ihaka na we yishakamo ubushobozi bwo kwigurira izindi ebyiri na zo zihaka bivuze ko yinjiye mu mushinga neza.

Uyu Nyampinga ubwo yatorerwaga kuba Miss Innovation wa 2022, yatangaje ko mu mishinga ikomeye atekereza harimo korora ingurube mu buryo bwa kijyambere, kandi akaba abikundira ko ubu bworozi bw’aya matungo buvana umuntu mu cyiciro akazamuka mu cyisumbuye mu gihe gito kurusha korora andi matungo.

Icyo gihe yanavuze ko naramuka abashije kubona ubushobozi bwatuma atangira umushinga w’ ubu bworozi, namara gutera imbere azakurikizaho gufasha bagenzi be bafite ubumuga ngo nabo bave mu bwigunge ndetse abone n’uburyo bwo kubashishikariza kujya bitinyuka kuko kuri we yabonye ko byose bishoboka.

Kwamamaza

Nyuma yo gutangaza uyu mushinga no kwerekana ko akunda ubworozi bw’ ingurube, ikigo VAF, Vision Agri business Farm) gikora ubworozi bw’ ingurube za Kijyambere, cyahise kimwemerera ingurube ihaka mu rwego rwo kumushyigikira no kumufasha kugera ku nzozi yari afite.

Ingurube zahawe Nyampinga nazo uko ari eshatu biteganyijwe ko zibwagura mu gihe kitarengeje ukwezi.

Uyu Nyampinga yabashije kwigurira ingurube iri mu bwoko bwa Pietrain na Landrace zizwiho kororoka cyane, kandi zigatanga ubukungu mu gihe gito cyane.

Uhagarariye aborozi b’ ingurube mu gihugu akaba na nyir’ikigo cyoroje Nyampinga, Shirimpumu Claude, avuga ko yamuhaye ingurube ifite agaciro k’ ibihumbi 500frw,kandi ihaka ku buryo ihita ibwagura izindi mu gihe kitarengeje ukwezi.

Ati “Nkimara kumva ko akunda ubworozi bw’ingurube nahise mfata Icyemezo cyo kumushyigikira tumwemerera ingurube ihaka kandi ya Kijyambere.”

Akomeza ati “Twabanjije kumuha amahugurwa mu bihe byashize y’uburyo agomba korora kijyambere, tumusaba kubanza kubaka ibiraro azororeramo, amaze kubikora nibwo twahisemo kumuha ingurube ngo abashe gukabya inzozi ze zo korora ingurube za Kijyambere”.

Uyu mworozi wabigize umwuga avuga ko nyuma yo kumuha ingurube bari bamwemereye, nawe yaje ahita yishyura izindi ebyiri ku bushobozi bwe, dore ko yaje aherekejwe n’abakomoka mu muryango we harimo na Nyina umubyara.

Muri VAF bamusezeranije kujya bamufasha gukurikirana uko akora ubworozi bwe, aho agize ikibazo bakajya baza gukurikirana ngo barebe uko bimeze kugira ngo umushinga uzabashe kugerwaho nk’uko abyifuza.

Nyampinga Uwimana Jeannette ukunda korora ingurube, iza mbere azikuye mu karere ka Gicumbi, akaba agiye gukorera umushinga we mu karere ka Nyanza mu ntara y’amajyepfo ari naho yamaze kubaka ibiraro azajya azororeramo.

Nyampinga yari kumwe n’abagize Umuryango we

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Urubyiruko rwigishijwe imyuga rwahawe ibikoresho bizarufasha gusezerera ubukene

Inkuru ikurikira

Sunrise FC yemerewe ibya mirenge ngo izatsinde Kiyovu

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Sunrise FC yemerewe ibya mirenge ngo izatsinde Kiyovu

Sunrise FC yemerewe ibya mirenge ngo izatsinde Kiyovu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010