Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Ukuri kuri Juvénal uvugwa i Burayi

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/05/24 1:40 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Nyuma yo kugaragara mu mafoto afata indege bikanavugwa ko yerekeje ku mugabane w’i Burayi, Mvukiyehe Juvénal ari ku mugabane wa Afurika ndetse mu baturanyi b’u Rwanda.

Mvukiyehe Juvénal yagiye kuruhukira i Burundi

Ku wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amafoto y’umuyobozi wa Kiyovu Sports Limited, Mvukiyehe Juvénal yaba yasubiye ku mugabane w’i Burayi, cyane ko ari ho umuryango we utuye.

Uyu muyobozi wavuye mu Rwanda habura umunsi umwe ngo hasozwe shampiyona, asa n’uwamaze kwiheba ndetse yanamaze kwakira ko ikipe ya Kiyovu nta kintu cyatuma ibasha kwegukana igikombe n’ubwo mu mibare bigishoboka.

Amakuru UMUSEKE ukesha RadioTv10 mu kiganiro ‘Urukiko rw’Imikino’, avuga ko Mvukiyehe ubwo yafataga indege yari agiye mu gihugu cy’u Burundi ndetse ari ho ari kugeza ubu.

Kwamamaza

Uretse aba kandi, umwe mu bakozi ba RwandAir ishinzwe gutwara abantu n’ibintu biciye mu ngendo zo mu kirere, yatubwiye ko uyu muyobozi koko yakatishije itike y’indege imujyana mu gihugu cy’u Burundi.

Ati “Itike narayiboneye rwose. Mvukiyehe yagiye i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi.”

Uyu muyobozi yashenguwe cyane no gutsindwa kwa Kiyovu Sports ku munsi wa 29 wa shampiyona ndetse byanagabanyije amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona.

Urucaca rwagejeje ku munsi wa 28 ruyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 60 ariko APR FC yarawubatse ku kinyuranyo cy’ibitego kuko amanota zirayanganya.

Ku munsi wa 30 wa shampiyona, iyi kipe yo ku Mumena izakira Rutsiro FC kuri Stade ya Muhanga ku Cyumweru tariki 28 Gicurasi 2023.

Mu minsi ishize byari ibyishimo ariko ubu ni amarira

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Amavubi ashobora kunguka abandi bakinnyi bakina i Burayi

Inkuru ikurikira

Byinshi ku gitaramo kizitabirwa n’abantu 1000

Izo bjyanyeInkuru

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Umunyabigwi wa PSG ari mu Rwanda (AMAFOTO)

Umunyabigwi wa PSG ari mu Rwanda (AMAFOTO)

2023/05/27 7:34 AM
U Burundi bwakuriye inzira ku murima Ferwafa kuri Ndikumana

U Burundi bwakuriye inzira ku murima Ferwafa kuri Ndikumana

2023/05/26 3:42 PM
U Rwanda ruzakira igikombe cy’Isi mu kubungabunga Ibidukikije

U Rwanda ruzakira igikombe cy’Isi mu kubungabunga Ibidukikije

2023/05/26 12:34 PM
Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry’iminsi ibiri

Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry’iminsi ibiri

2023/05/25 12:01 PM
Bugesera yatanze ubwasisi ku mukino izakira AS Kigali

Bugesera yatanze ubwasisi ku mukino izakira AS Kigali

2023/05/25 9:58 AM
Inkuru ikurikira
Byinshi ku gitaramo kizitabirwa n’abantu 1000

Byinshi ku gitaramo kizitabirwa n'abantu 1000

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010