Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Urutonde rw’abatutsi bafunzwe na Leta ya Kinshasa n’ubuzima babayeho
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Urutonde rw’abatutsi bafunzwe na Leta ya Kinshasa n’ubuzima babayeho

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson 25/05/2023 8:33

Kuva mu 2021 intambara yongera kubura hagati y’umutwe wa M23 n’Ingabo za Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’abatutsi bagera kuri 200 bafungiwe muri Gereza zitandukanye.

Guverinoma ya Congo imaze igihe ishishikariza abanyekongo guhiga bukware abo yita ‘abacengezi’ ngo boherejwe n’u Rwanda gusambura kiriya gihugu.

Ijambo ‘abacengezi’ rikoreshwa kenshi kandi mu gusobanura abantu ngo bakorana n’umutwe wa M23 Leta ya Congo yegeka k’u Rwanda.

Abafunzwee benshi bo muri Kivu y’Amajyepfo bashinjwa gukorana na Twirwaneho ni mu gihe abo muri Kivu ya Ruguru begekwaho umutwe wa M23.

Abavuga Igiswahili mu murwa mukuru wa Kinshasa bari mubafungiwe muri izo Gereza, bakaregwa ko ari ibyitso by’u Rwanda.

UMUSEKE ufite amakuru ko aho bafungiwe bakorerwa ibikorwa bya kinyamaswa amanywa n’ijoro.

Kubona amazi, ibyo kurya, ubuvuzi no guhura n’abunganizi mu mategeko bisaba gutanga ruswa.

Uwitabye Imana arashinyagurirwa umubiri we bakanga ko imiryango yabo ibashyingura nka Murangwa Sebakunzi Bonheur.

Usibye gutotezwa n’abashinzwe kubarinda, bahohoterwa n’ifungwa z’abanyecongo bene wabo bavuga ko babateje u Rwanda.

- Advertisement -

Ab’igitsina gore bari mu buzima bushaririye aho badahabwa ibikoresho by’isuku mu gihe cy’imihango, nta mazi yo kunywa no gukaraba, nta buvuzi bivanze no gukorerwa ibiterasoni.

Uretse abafunzwe hari abandi benshi bishwe mu bihe bitandukanye barimo abatwitswe inyama zabo zikaribwa ku manywa y’ihangu.

Harimo kandi abahohotewe n’abaturage bagenzi babo ndetse n’inzego zishinzwe umutekano ariko Leta ikaryumaho.

Umuryango witwa Top Kivu mu ibaruwa UMUSEKE ufitiye kopi wasabye imiryango Mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu kugira icyo ikora ngo irengere ubuzima bwa bariya bantu bazira uko baremwe.

Uyu muryango kandi wamenyesheje Umuryango w’Abibumbye, Ubumwe bw’Ubulayi, Ubumwe bwa Afurika na USA ko nta gikozwe bakwicwa n’ubutegetsi.

Uyu muryango uvuga ko ibyo bashinjwa ari ibihimbano ko bafunzwe bitemewe n’amategeko.

Wagize uti “Bamaze gufatwa nk’abanyabyaha nta rubanza rwabayeho.”

Uvuga ko uburyo bafunzwemo buhonyanga uburenganzira bw’ikiremwa muntu kandi budakurikije amategeko muri rusange.

Urutonde rw’abafunzwe…..

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Rusizi: Abana 200 bo mu miryango itishoboye bawawe ibikoresho by’ishuri

NDEKEZI Johnson 25/05/2023 8:36 25/05/2023 8:33
Inkuru ibanza Rwanda: Umusekirite warindishaga Banki inkoni yishwe
Inkuru ikurikira Bugesera yatanze ubwasisi ku mukino izakira AS Kigali
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
21/09/2023 7:48

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?