Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Inama za Irené Merci ku rubyiruko rw’Igihugu
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Inama za Irené Merci ku rubyiruko rw’Igihugu

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson 16/09/2023 8:42
Umuvugabutumwa akaba n'umuhanzi Irené Merci Manzi

Irené Merci Manzi uri mu bamaze igihe kirekire mu muziki uhimbaza Imana yatanze inama ku rubyiruko, arusaba kuba ku isonga mu gutanga ibitekerezo byubaka u Rwanda no kugendera kure ibisindisha n’izindi ngeso mbi.

Irené Merci Manzi ni Umuvugabutumwa bwiza bwa Yesu Kirisitu akaba n’umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana mu njyana zitandukanye zaba ize ku giti cye n’izo yakoranye n’abandi bahanzi bafite amazina akomeye mu Rwanda.

Izina rye mu muziki uhimbaza Imana ryazamuwe cyane n’indirimbo yakoze zirimo “Yesu ntajya ahinduka’’ yahuriyemo na Mugisha Benjamin [The Ben]. Yananditse indirimbo yise “Dufatanye” yahurijemo abahanzi 21 bazwi mu ruhando rw’umuziki wo mu Rwanda.
Yasabye urubyiruko kuba kwisonga mugutanga ibitekerezo byubaka Igihugu no kugaragaza umusanzu warwo rusigasira ibyagezweho.
Yagize ati ““ Rubyiruko rw’u Rwanda ,Ubu Igihugu kiri mu maboko meza nkuko mwese mubibona, ariko gihangayikishijwe namwe kuko nimwe mbaraga zejo hazaza .Ntawujya kurugamba yanyoye inzoga,twirinde ibyatwangiza kugirango dushobore gusigasira ibyagezweho,kuko byose biri mubiganza byacu “.
Yakomeje agira ati “Urubyiruko mube maso kandi mukore ibyo Imana ishima. Mwumvire inama z’Ababayobora, mwe kuyobeshwa n’ibyo mwumva cyangwa se mubona kugira ngo igihugu cyacu kirusheho kugera ahakwiriye.”
Yavuze ko Umukuru w’Igihugu, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame nabo bafatanyije bagejeje u Rwanda ahashimishije ko nta wugomba kujenjeka ngo ibyubatswe bihungabane.
Ati “Hari imbaraga zatanzwe n’Ababyeyi bacu, bakuru bacu, barumuna bacu ( Bato batari gito ) kugira ngo uyu munsi tube turi mugihugu nkiki gitekanye, niyo mpamvu ibyo byose byagezweho bikwiriye gusigasirwa natwe nk’Urubyiruko.
Ntushobora kumenya akamaro kumucyo utaraciye mu mwijima, Ntushobora kugera kucyo ushaka kugeraho mubuzima bwawe mugihe utarimenya ngo wisobanukirwe .Ubu turatekanye, ariko na none ntidukwiye kurangara cyangwa ngo tujenjeke nkabagezeyo. Mwibuke ko hari Abatanze ubuzima bwabo nibyabo byose kugira ngo uyu munsi tubone Igihugu nkiki ngiki tubona, Nkuko mubibona rero ibyo duhanganye nabyo ni byinshi,bimwe birashaka kudusubiza inyuma ! Ariko nitwumvira inama z’Abakuru ntakabuza tuzagerayo.”
Yavuze ko bamwe mu rubyiruko bamaze kwimenya no kwisobanukirwa bakaba bifuza gukomeza kuyoborwa na Perezida Kagame.
Ati ” Nifuza ko dukomeza kuyoborwa na President Paul Kagame kugira ngo tugere heza cyane kurushaho kuko hari byinshi tumwigiraho, atubera icyitegererezo n’Urugero rwiza mubyo akora byose.”
Yongeraho ko ” Ibyo tumaze kugeraho ni byinshi, Igihugu kiratuwe kandi kiratekanye , Iterambere ryacu rirakurura abanyamahanga amanywa n’Ijoro bifuza kureba Igihugu cy’Amata n’Ubuki .
Abana bariga mu mashuri meza , imvugo niyo ngiro , imiturirwa irazamuka umunsi kuwundi , u Rwanda n’Urw’Imana n’Imana niy’Abanyarwada , ndavuga Imana rurema yo yaruhanze ikarugira urw’imisozi 1000 , Uyu munsi Umunyarwanda aho ava akagera arubashywe kw’Isi , Tugenda amahanga tutikandagira ahubwo twemye , Ibi byose bitwereka neza ko aho tugana ari heza kurushaho.”
Nanjye reka mvuge ngo nta Gihugu cyandutira u Rwanda. Isi niyo yaba nziza gute, iwanyu aba ari iwanyu. Ndinda nanjye nkurinde icyashaka kudusubiza inyuma.
Irené Merci Manzi arasaba urubyiruko guhangana n’ibyasubiza inyuma u Rwanda
Inyandiko ya Irené Merci MANZI

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

NDEKEZI Johnson 16/09/2023 8:42 16/09/2023 8:42
Inkuru ibanza Muhanga: Abitwa abahebyi bateye abasekirite barinda ibirombe bamwe barakomereka
Inkuru ikurikira Hatangijwe umurongo uhuriweho n’inzego zirengera abana
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?