Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Hatangijwe umurongo uhuriweho n’inzego zirengera abana
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Hatangijwe umurongo uhuriweho n’inzego zirengera abana

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson 16/09/2023 7:52
Minisitiri, Dr Valentine Mujawamariya yasabye abantu bose gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Mu Rwanda hatangijwe uburyo bunoze kandi buhuriweho n’inzego zitandukanye bugamije gukemura no guhangana n’ibyaha by’ihohoterwa bikorerwa abana, birimo kubasambanya n’imirimo ibujijwe.

Ni igikorwa cyatangijwe na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera abana (NCDA).

Ubu buryo bwiswe ( Child Protectio Case Managment-CPCM) mu gushaka ibisubizo by’ibibazo bikigaragara mu bikorwa byo kurengera abana.

Hasobanuwe ko buzatuma umwana wagize ikibazo ahabwa serivisi akeneye kandi agakurikiranwa kugeza icyo kibazo yahuye nacyo n’ingaruka zigikomokaho birangiye.

Aimée Umugwaneza uhagarariye abana ku rwego rw’Akarere ka Gasabo, yagaragaje ko hari imbogamizi abana bagihura na zo zitararandurwa burundu.

Yavuze ko hari abana bishora mu mihanda akenshi bikomotse ku makimbirane yo mu miryango bamwe bagaterwa inda imburagihe.

Umugwaneza yavuze ko mu gihe iyi gahunda yashyirwa mu bikorwa nk’uko yasobanuwe byagabanya ihohoterwa rigikorerwa abana.

Ati “Inzego zitandukanye nagiye numva nizibijyamo, ntekereza ko imbaraga zabo zizafasha mu kugabanya ibyo bibazo.”

Yasabye kandi ko hashyirwa imbaraga mu kuganiriza ababyeyi kuko abana bakurira mu miryango ari naho akenshi bahurira niryo hohoterwa.

- Advertisement -

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr. Valentine Uwamariya yagaragaje ko nubwo hariho uburyo bwo gufasha umwana wahohotewe ari ko nta buryo bwo guhuza inzego bwari buhari.

Yagize ati “Buri wese yabikoraga uko abyumva nta murongo uhari wo kugenderaho.”

Yavuze ko ubu buryo buzafasha umwana wahohotewe kubona ubutabera, ubuzima no gukurikiranwa igihe yasubiye mu muryango.

Dr Mujawamariya yavuze ko ababyeyi n’inzego zitandukanye bafite inshingano zo kurinda ko umwana ahura n’ihohoterwa.

Ati “Igikomeye buriya nubwo twibanda ku mwana wagize ibibazo, ariko no kumurinda na byo birimo, kubera ko kurinda ni cyo cya mbere cy’ibanze.”

Nubwo hari ubundi buryo butandukanye abana bahohotewe bari basanzwe bakurikiranwamo, CPCM ihanzwe amaso mu gutanga ubufasha mu gihe gikwiye.

Minisitiri Dr. Uwamariya Valentine yavuze ko uburenganzira bw’umwana bugomba kubahirizwa
Ubu buryo bwa CPCM bwitezweho gufasha uwahohotewe
Inzego zose zikwiye gukora iyo bwabaga zikarwanya ibyaha bikorerwa abana

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

NDEKEZI Johnson 17/09/2023 8:01 16/09/2023 7:52
Inkuru ibanza Inama za Irené Merci ku rubyiruko rw’Igihugu
Inkuru ikurikira Satani arahunga! Mbonyi na Shalom Choir bagiye gutigisa BK Arena
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?