Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Satani arahunga! Mbonyi na Shalom Choir bagiye gutigisa BK Arena
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Satani arahunga! Mbonyi na Shalom Choir bagiye gutigisa BK Arena

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson 17/09/2023 10:12
Kwinjira muri iki gitaramo ni ubuntu

Amasaha arabarirwa ku ntoki ngo Shalom Choir yo mu Itorero rya ADEPR Nyarugenge na Israel Mbonyi bakorere igitaramo cy’amateka muri BK Arena aho kwinjira ari ubuntu.

Ni igitaramo kiba kuri uyu wa 17 Nzeri 2023 guhera i saa munani z’amanywa kugeza saa moya z’umugoroba.

Mbonyi atumiwe muri ‘Shalom Gospel Festival’ nyuma y’uko aheruka gukorera igitaramo muri BK Arena akandika amateka yo kuzuza iyi nyubako ijyamo ibihumbi 10 by’abantu.

Shalom Choir irandika amateka yo kuba iya mbere yo mu Itorero ADEPR ikoreye igitaramo muri BK Arena, ndetse ikaba n’iya kabiri mu makorali muri rusange kuko indi yahataramiye ari Chorale de Kigali.

Ubuyobozi bwa Shalom Choir butangaza ko bahisemo muri BK Arena bashaka guha ikaze buri wese n’abadasengera muri ADEPR.

Icyemezo cyo kwinjira ku buntu ku bitabira iki gitaramo akaba ari mu rwego rwo kugeza ubutumwa bwiza ku mbaga nyamwishi, hatajemo imbogamizi y’ubushobozi.

Bati “Twakuyeho ibintu byo kwishyuza kugira ngo abantu babashe kuza ari benshi. Buri wese aratumiwe kuko ni yo mpamvu tatakoreye mu rusengero, kugira ngo abantu batumva bireba abo muri ADEPR gusa.”

Ibyamamare bitandukanye byifashishije imbuga nkoranyambaga bikomeje gukangurira abantu kwitabira iki gitaramo kiri buberemo imirimo n’ibitangaza.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ubuntu

 

- Advertisement -

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

NDEKEZI Johnson 17/09/2023 10:15 17/09/2023 10:12
Inkuru ibanza Hatangijwe umurongo uhuriweho n’inzego zirengera abana
Inkuru ikurikira Ijwi ry’urubyiruko rwo mu biyaga bigari ntirirenga imipaka
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?