Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Umwambaro wa mukeba watumye Patrick arekura inshingano muri Rayon
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Umwambaro wa mukeba watumye Patrick arekura inshingano muri Rayon

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi 18/09/2023 10:04

Nyuma yo kotswa igitutu n’abatari bake bamuziza ko yambaye umwambaro wa APR FC akajya kuyishyigikira kandi asanzwe ari Umu-rayon, Rukundo Patrick wayoboraga Nkemurampaka ya Rayon Sports yeguye kuri izi nshingano.

Ku Cyumweru tariki ya 17 Nzeri 2023, ni bwo hagaragaye amafoto agaragaza umuyobozi wa Komisiyo Nkemurampaka ya Rayon Sports, Rukundo Patrick wari wagiye gushyigikira ikipe y’Ingabo ubwo yakinaga na Pyramids FC yo mu Misiri mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yabaye aya Mbere iwa yo, CAF Champions League.

Nyuma y’uyu mukino, Rukundo yashyizweho igitutu n’abatari bake bagaragaza ko ibi yakoze ari amahano ndetse ashobora kuba yabikoreshejwe no kugira ngo abone amaramuko.

Mu bamwokeje igitutu, harimo Munyakazi Sadate wahoze ayobora iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Nyuma yo gukomeza kubwirwa amagambo mabi, Patrick yafashe umwanzuro wo kwegura ku nshingano yari afite kugira ngo atange umutuzo.

Mu ibaruwa yandikiye Perezida wa Rayon Sports, Rtd Capt Uwayezu Jean Fidèle, yavuze ko yasezeye kuri izi nshingano ariko ntiyavuga impamvu yabimuteye n’ubwo hari ibindi bitangazamakuru yabwiye ko yashatse gutanga umutuzo.

Yakomeje avuga ko azakomeza kuba umukunzi w’iyi kipe yihebeye ndetse azakomeza kuyiba hafi nk’uko yari asanzwe abikora.

Rukundo Patrick uzwi nk’Umu-rayon ukomeye yagaragaye yambaye umwambaro wa mukeba
Ibaruwa Patrick yandikiye Perezida wa Rayon Sports

HABIMANA SADI/UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball

Nyanza FC yahaye akazi Munyeshema Gaspard

Umuri Foundation yasezeye ku bana basoje ibiruhuko

Amavubi y’Abagore yanyagiwe na Ghana

Kalimba Alice yagizwe kapiteni wa Rayon y’Abagore

HABIMANA Sadi 18/09/2023 10:05 18/09/2023 10:04
Inkuru ibanza Kamonyi: Umugabo arakekwaho kwica umugore we bamaranye igihe gito
Inkuru ikurikira Intabaza! Kiyovu yazengerejwe n’abasifuzi yasabye Ferwafa kurenganurwa
Igitekerezo 1
  • Fay Baby says:
    19/09/2023 1:46 at 1:46 pm

    Hari abantu bafite ikibazo cy’imyumvire ariko. Niba atari Rayon yakinaga,ikibazo ni ikihe?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?