Kamonyi: Bihaye umukoro wo kuvana mu bukene abarenga  6000

Elisée MUHIZI Elisée MUHIZI
Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi n'abagize Ihuriro ry'abafatanyabikorwa mu Iterambere ry'Akarere bihaye Umukoro wo kuvana mu bukene abaturage barenga 6000

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu IterambereJADF, biyemeje kuvana mu bukene abaturage barenga 6000.

Ibi babibwiye UMUSEKE mu biganiro byabaye kuri uyu wa gatanu Tariki ya 03Gicurasi 2024.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère avuga ko uyu mukoro wo kuvana mu bukene abaturage basaga  6000 ari urugendo rw’Imyaka ibiri uhereye uyu munsi ibiganiro byabareyeho.

Meya Nahayo akavuga ko ubushake bwo kuzamura  mu byiciro aba baturage babufite kuko bifuza ko umuturage ava ku rwego arimo akajya ku rundi rwisumbuye.

Ati “Kuvana abo baturage mu bukene tuzibanda ku byo buri Muryango ukenera kubera ko  abo baturage twifuza kuzamura badahuje ibibazo.”

Nahayo avuga ko hari abazahabwa amatungo, abandi bahuzwe n’amahirwe ahari kugeza ubwo bazaba babasha kwifasha batagikeneye gusindagizwa na Leta.

Ati “Tuzajya tubahurizaho ubufasha bukomatanije muri iyo myaka ibiri.”

Meya avuga ko  hari abo bazafasha guhangira imirimo  itandukanye irimo iyo amaboko bakava mu bukene buri wese ashoboye kwigira.

Umuyobozi wa JADF mu Karere ka Kamonyi, Semugaza Tharcisse ,yabwiye UMUSEKE ko  babanje gukora ibarura ryo kumenya umubare w’abo,akavuga ko iyo barangije kubamenya bakurikizaho  kubasaranganya.

- Advertisement -

Ati “Buri mufatanyabikorwa tumuha urutonde rw’abaturage  agomba kwitaho,  bakamenya bare wabo  kuko ariwo baheraho mu gutanga ubushobozi.”

Ati “Ubusanzwe ibikorwa byacu bikunze kwibanda ku baturage bafite amikoro makeya abo twatangizanye abenshi bamaze kuva mu cyiciro cyo hasi ubu barifashije.”

Imibare itangwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi igaragaza ko abari mu cyiciro cy’abafashwaga na Leta ari abaturage barenga 64000.

Iyo mibare ikerekana ko abasaga 19000 aribo bishyurirwa Mutuweli  na Leta kugeza uyu munsi.

Umuyobozi wa JADF mu Karere ka Kamonyi Semugaza Tharcisse avuga ko gukora ibarura no kumenya ibibazo bya buri Muryango aribyo babanza gukora.
Abafatanyabikorwa bavuga ko bazajya basaranganya abo bagiye gufasha bashingiye kubyo buri wese akeneye.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère avuga ko abarenga 6000 bagiye kuvanwa mu bukene.

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Kamonyi.