Rusizi: Bahamije  ko ibyo KAGAME yabasezeranyije mu myaka ishize byagezweho

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi  bo mu Murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi, bahamije ko ibyo Kagame Paul n’umuryango FPR Inkotanyi babasezeranyije muri Manda y’imyaka irindwi  ishize byagezweho.

Babihamije kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Nyakanga 2024, ubwo bari  mu bikorwa byo kwamamaza Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika n’Abakandida Depite ba FPR Inkotanyi.

Mukangango Dihna ni umugore utuye mu Murenge wa Giheke.

Uyu yavuze ko mbere y’umwaka wa 2014,  umugore wo  mu Murenge wa Giheke wicaraga kuri Moto, bavugaga ko ari inkunguzi.

Ngo niwe wayicayeho bwa mbere bamwita indaya, yemezako  kuva FPR Inkotanyi bayitora kugeza ubu iterambere ry’umugore wo muri Giheke ryarazamutse.

Ati”Muri 2014 umugore wicaraga kuri moto yabaga akunguye .Nayigiyeho, banyita indaya, mu myaka yose FPR ituyoboye, Ibyo yadusezeranyije byose byagezweho. Muri iyi manda y’imyaka itanu  niteguye  gutora  Paul Kagame 100%.”

Gatete Thacien nawe atuye mu Murenge wa Giheke. Yavuze ko yarangije amashuri abanza mu 1976, aho abajyaga mu mashuri yisumbuye bari 2000 gusa, Ubu ngo  yakwiriye hose  ashimira iterambere rimaze kugerwaho mu burezi.

Ati”Mu mwaka 1976 mu Rwanda habaga imyanya 200 y’abantu bajya mu mashuri yisumbuye,Ubu amashuri yuzuye kino gihugu  abayarimo hano i Giheke barenze uwo mubare“.

Umukandida Depite w’umuryango FPR, Nsengiyumva Dieu Donne ,yibukije abanyamuryango  ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Giheke ko gutora Kagame Paul ari ugutora imibereho myiza irambye.

- Advertisement -

Ati”Twizere ko isezerano mwahaye Paul Kagame  kuri 15 Nyakanga kare mu nkoko tuzaba twageze kuri site z’itora turi ku mubwira ngo indahiro twarahiye duteyeho igikumwe”.

Umukandida   Depite w’umuryango FPR, Karemera Emmanuel, nawe yakanguriye aba banyamuryango ba FPR  Inkotanyi gutora Paul  Kagame n’inteko ishinga amategeko

Ati”Babiri bashyize hamwe baruta umunani barasana, Kuri 15 Nyakanga 2024 ihuriro rizabe ihuro, mutore Perezida Paul Kagame n’inteko ishingamategeko ni imiyoborere myiza “.

Muri uyu Murenge wa Giheke ,muri manda y’imyaka irindwi ishize, hari byinshi bagejejweho birimo ibigo bishya by’amashuri  ibyumba 47 n’ibikoni byo gutekeramo, abana bose bafata ifunguro Ku mashuri.

Hubatswe amavuriro atatu y’ibanze, abarokotse Jonoside ya korewe abatutsi bubakiwe amazu  24.

Hari kubakwa ibagiro rya kijyambere n’Ikagaragiro  ry’amata rya Giheke(Giheke Daily), Utugari dutandatu mu umunani,  turimo amazi meza n’amashanyarazi.

Bavuga ko itariki irabatindiye bakitorerea Paul Kagame n’umuryango FPR Inkotanyi

MUHIRE Donatien

UMUSEKE.RW/ RUSIZI