Amasura ya bo aratanga icyizere! Amavubi akomeje kwitegura Djibouti

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi

Abakinnyi b’ikipe y’Igihugu, Amavubi, bakomeje gukaza imyitozo itegura imikino ibiri bazakina na Djibouti mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu bya bo [CHAN 2025].

Guhera ku wa mbere w’iki Cyumweru, Amavubi ari mu mwiherero utegura umukino wo ku Cyumweru tariki ya 27 Ukwakira 2024, azaba yasuye Djibouti kuri Stade Amahoro Saa cyenda z’amanywa. Ni umukino wo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu Gihugu ku mugabane wa Afurika 2025 [CHAN].

Abasore ba Frank Trosten Spittler, bakomeje gukaza imyitozo ndetse amasarura ya bo n’umwuka uva mu mwiherero wa bo, biratanga icyizere cyo kuzasezerera Djibouti bakajya mu kindi cyiciro.

Umutoza mukuru w’Amavubi, yahamagaye abakinnyi 26 bagomba kuvamo 23 bazifashishwa mu mikino ibiri kuko uwo kwishyura uzahita ukinwa nyuma y’icyumweru kimwe. Izasezerera indi hagati y’u Rwanda na Djibouti, izahita icakirana n’izaba yakomeje hagati ya Kenya na Sudan y’Epfo. Nyuma y’ahazarebwa ibindi birimo intsinzi ariko hanarebwa ibitego.

CHAN 2025, izabera mu Bihugu bitatu, birimo Uganda [Kampala], Tanzania [Dar es Salaam] na Kenya [Nairobi].

Ubushake ni bwinshi
Tuyisenge Eric
Imvura intibakanga
Ishimwe Christian wa Police FC
Ndayishimiye Didier wa AS Kigali
Niyibizi Ramadhan wa APR FC
Niyomugabo Claude wa APR FC
Umutoza aba abereka uko bahagarara
Tuyisenge Arsène wa APR FC
Ndayishimiye Thierry wa AS Kigali
Ramadhan na Didier
Omborenga Fitina wa Rayon Sports
No mu mvura akazi karakomeza
Imyitozo irarimbanyije
Buri wese akorana imyitozo ubushake
Yunussu
Gilbert na Yunussu ba APR FC

UMUSEKE.RW

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *