Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye uburyo ubuyobozi bw’ingabo zagiye kugarura amahoro Congo, MONUSCO busohora amatangazo avuga ku bitero bya drone byakozwe n’ingabo za Congo bikica abasivile.
Ku wa Gatanu tariki 8 Gicurasi 2026 wari umunsi mubi I Mushaki muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru, ingabo za Congo, FARDC zikoresheje indege zitagira abapilote zagabye ibitero bitandukanye byishe abasivile.
Nibura muri ibyo bitero abasivile 20 barishwe abandi 60 barakomereka.
Mu baganye ibi bitero harimo ubuyobozi bwa MONUSCO aho bwavuze ko byamaganye icyo gikorwa.
Minisitiri Nduhungirehe asanga kuba MONUSCO itavuga mu izina abakoze icyo gitero ari ugukingira ikibaba abanyabyaha.
Yavuze ko uretse i Mushaki, ingabo za Congo zanagabye mu bihe bitandukanye ibitero bya drones ku baturage b’abasivile b’Abanyamulenge, bikagira ingaruka ku bantu babo n’amatungo yabo.
Ibyo bitero byakunze kwibasira agace k’imisozi miremire ka Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo.
Nduhungirehe yibajije umubare w’ibitero bya drones bizabaho kugira ngo MONUSCO n’Umuryango w’Abibumbye bahamagaze ababikoze na Perezida Félix Tshisekedi, ku meza kugira ngo babitangire ibisobanuro.
Igitero cy’i Mushaki gikurikiye ibindi byabanje birimo icyabaye tariki 02 Mutarama, 2026 muri Masisi-Centre nibura cyahitanye abasivile 10 hakomereka abandi 50.
Nabwo MONUSCO yamaganye icyo gikorwa ntiyigera ivuga mu zina abagikoze.
Tariki ya 11 Werurwe 2026, ingabo za Congo, FARDC na bwo ngo zagabye igitero mu mujyi wa Goma icyo gihe kigwamo Umufaransakazi wakoreraga umuryango wa UNICEF, Karine Buisset n’abasivile babiri.
Mu kwamagana iki gitero MONUSCO yavuze ko ari icyaha cy’intambara ariko nabwo ntiyavuga mu izina abagikoze.
Ihuriro AFC/M23 ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2026 ryatangaje ko ahagana saa saba n’iminota 20 z’amanywa, ingabo za Leta ya Congo n’ababakorana na zo bagabye igitero cya drone ku gace ka Kalenga, muri Teritwari ya Masisi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Lawrence Kanyuka uvugira AFC/M23, yavuze ko icyo gitero cyagabwe ahantu hatuwe cyane n’abaturage, “kikaba cyahitanye abasivile benshi ndetse kigateza impunzi nshya” nyinshi zahunze umutekano muke.
AFC/M23 yavuze ko yamagana icyo yise “ubugome bwateguwe na Kinshasa”, ishimangira ko izakomeza kurinda abasivile no kubarwanaho mu gihe ivuga ko hakomeje ibikorwa byo kurasa abaturage mu buryo budatoranyije, ndetse n’ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu.
UMUSEKE.RW
