Browsing author

MUGIRANEZA THIERRY

Gen. Doumbouya uyobora Guinée ategerejwe mu Rwanda

Gen. Doumbouya uyobora Guinée ategerejwe mu Rwanda

Perezida wa Guinée, Général Mamadi Doumbouya, ategerejwe mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gukomeza gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.  Itangazo ryasohowe na Perezidansi ya Guinée kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Mata 2025, rivuga ko Perezida Général Mamadi Doumbouya, azagera i Kigali kuri uyu wa Kane, tariki ya 1 Gicurasi 2025. Umubano w’u Rwanda na […]

Rwanda: Ubukene mu baturage bwaragabanutse mu myaka 7 ishize – EICV7 

Rwanda: Ubukene mu baturage bwaragabanutse mu myaka 7 ishize – EICV7 

Abantu miiyoni imwe n’ibihumbi magana atanu mu Rwanda, bavuye mu bukene mu gihe cy’imyaka irindwi kuva mu 2017 kugeza mu 2024. Ni ibikubiye mu Bushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y’Ingo muri rusange (EICV7) bwashyizwe hanze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mata 2025. Ubu bushakashatsi bwa EICV7 bwerekanye ko ubukene mu […]

Huye: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

Huye: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

Mu ijoro rya tariki 15 Mata, inzu y’ubucuruzi iherereye mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma mu Kagari ka Butare ahazwi nko mu Cyarabu yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka. Iyi nkongi yibasiye iy’inzu mu masaha ya saa Tanu n’igice z’ijoro, aho imiryango ine yafashwe, harimo umuryango wacururizwagamo ibikoresho by’amashanyarazi, undi wacururizwagamo ibyo kurya bihiye […]

Huye: Impanuka yahitanye umuntu, ikomeretsa 22

Impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange, yaguyemo umushoferi wari uyitwaye mu gihe abagenzi 22 bakometrse barimo bane bakomeretse cyane. Ni impanuka yabaye mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Mata 2025, ibera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Mbazi mu Kagari ka Tare. Ni imodoka yo mu bwoko bwa […]

Minisitiri Bizimana yagaragaje uko u Bubiligi bumaze imyaka 109 busenya u Rwanda

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasobanuye uruhare rw’u Bubiligi mu gusenya u Rwanda mu gihe cy’imyaka 109, aho n’ubu budacogora kurugendaho. Ni mu ijambo yavugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, tariki 7 Mata 2025, ubwo hatangizwaga ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi. Minisitiri w’Ubumwe […]

Abahanga mu mibare, siyansi n’ikoranabuhanga bashyizwe igorora

Ikigo Nyafurika cy’Ubumenyi Bushingiye ku Mibare (AIMS) cyatangije gahunda yiswe ‘AIMS Rwanda Incubator’, igamije gufasha abasoje amasomo mu Mibare, Siyansi n’Ikoranabuhanga kubongerera ubumenyi mu guhanga udushya no guteza imbere imishinga yabo y’ubucuruzi. Iki gikorwa cyatangiye ku wa 2 Mata 2025, aho ku ikubitiro hatoranyijwe imishinga ibiri yagaragaje icyizere kurusha iyindi. Hanatashywe icyumba cyiswe ‘Eureka Mu […]

Ndayishimiye yavuze iby’intasi ze zamubwiye ku Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yongeye kuvuga amagambo gashoza ntambara ku Rwanda, ubwo yumvikanaga avuga ko umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara ukorera mu Burasirazuba bwa Congo urwanya ubutegetsi bwe, n’utera Bujumbura nawe ingabo ze zizatera i Kigali mu Rwanda. Ni bimwe mu byo yavugiye mu kiganiro na BBC, aho Gen. Ndayishimiye yavuze ko abizi […]

Abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC bagiye kongera kwicarira ibibazo bya Congo

Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC na SADC barahurira mu nama kuri uyu wa 24 Werurwe 2025, baganira ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC hifashishijwe ikoranabuhanga. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Nduhungirehe Olivier, yabitangaje ku mugoroba wo ku wa 23 Werurwe 2025 mu kiganiro Inkuru mu Makuru kuri Televiziyo Rwanda. Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo […]

Musenyeri Kabayiza yasabwe kurwanya inyigisho z’ubuyoboye

Rev. Kabayiza Louis Pasteur wimitswe nka Musenyeri mushya w’Itorero Angilikani mu Rwanda (EAR), Diyosezi ya Shyogwe yasabwe kuzimakaza ubunyangamugayo, kumenya abakirisitu agiye kuyobora no kuzagira uruhare mu kwamagana inyigisho z’ubuyoboye. Ni ibyavugiwe mu Karere ka Muhanga mu muhango wabaye kuri icyi Cyumweru, tariki ya 23 Werurwe, wo kwimika Rev. Kabayiza Louis Pasteur, nk’Umwepisikopi mushya wa […]