Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rusizi: Hibutswe abari abakozi ba CIMERWA bishwe muri Jenoside

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/04/17 10:34 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mata 2022 , Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, abakora mu ruganda
rutunganya sima rwa Cimerwa n’abaturanyi barwo bibutse abari abakozi barwo bishwe
muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Abayobozi bunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa CIMERWA bashyira indabo aho baruhukiye.

Amarangi atukura yasigwaga ku nzu z’uruganda rwa CIMERWA bamwe mu bahoze ari abakozi barwo babagamo, ngo cyari ikimenyetso ko Jenoside yari yarateguwe ku rwego rwo hejuru byanatumye umubare w’abahiciwe wiyongera.

Abatutsi bahoze bakora muri uru ruganda rwa CIMERWA ntibigeze bamenya ko inzu zabo zasizwe amarangi y’umutuku nk’ikimenyetso cy’abicanyi kugira ngo bazajye bamenya aho babashakira.

Ndorimana Casimir wari umuyobozi ushinzwe umusaruro muri CIMERWA kuri ubu ufungiye icyaha cya Jenoside warangaga ababaga bihishe batari bamenyekanye, uyu akaba yarabaye intandaro yo kwica benshi.

Kwamamaza

Abaharokokeye bavuga ko bataramenya aho imibiri y’abo bakoranaga yajugunywe ngo bose bashyingurwe mu cyubahiro.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwihanganishije imiryango y’abarokotse Jenoside busaba abaturage kurangwa n’urukundo rwuzuye.

Dr. Kibiriga Anicet umuyobozi w’Akarere ka Rusizi yagize ati ”Turihanganisha imiryango y’abarokotse
Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, turasaba abantu kugira urukundo, amarorerwa yabaye mu Rwanda abantu bagize urukundo ruke na politiki mbi ishaje.”

Meya Dr. Kibiriga yakomeje asaba ko muri ikigihe cy’iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994, abantu barangwa n’ibikorwa byo gutabarana, twibuka tuniyubaka.

Hibutswe Abatutsi bishwe muri Jenoside baruhukiye mu Rwibutso rwa Cimerwa ruruhukiyemo imibiri 58, mu Rwibutso rwa Muganza haruhukiye imibiri y’Abatutsi 241.

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW/Rusizi

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Josh Ishimwe yanyuze abitabiriye igitaramo cyinjiza abantu muri pasika

Inkuru ikurikira

APR yafashe umwanya wa Mbere yari ikumbuye

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
APR yafashe umwanya wa Mbere yari ikumbuye

APR yafashe umwanya wa Mbere yari ikumbuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010