Muhanga: Umusore yakubise umukecuru baturanye ifuni ahita apfa

Elisée MUHIZI Elisée MUHIZI
Mu Karere ka Muhanga ni mu ibara ritukura

Ndandari François  w’imyaka 31 y’amavuko  utuye mu Mudugudu wa  Gisasa, Akagari ka  Mbiriri arakekwa gukubita  ifuni umukecuru  witwaga Uwimana Bibianne w’Imyaka 75 y’amavuko.

Mu Karere ka Muhanga ni mu ibara ritukura

Ndandari François  ukekwaho iki cyaha cy’ubwicanyi yabikoze saa ine za mu gitondo n’iminota 50.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange Ruzindana Fiacre yabwiye Umunyamakuru w’UMUSEKE ko Ndandari François  yavuye mu rugo iwabo  yerekeza mu rugo rw’uyu mukecuru ahageze afata ifuni ayimukubita mu mutwe ahita apfa.

Ruzindana yavuze ko Ndandari akimara gufafwa yemeye ko ari we wamwishe, kandi akavuga ko ntacyo bapfaga.

Yagjze ati: “Iwabo wa Ndandari  n’aho uyu mukecuru yari atuye, ni muri metero 30, kandi nta kibazo kindi bapfaga.”

Cyakora Gitifu yavuze ko Ndandari yigeze guhohotera ababyeyi be, arafatwa ajyanwa mu kigo ngororamuco, agaruka asa n’uwakosotse, avuga ko bongeye gutungurwa no kumva yishe uyu mubyeyi.

Gitifu yihanganishije Umuryango wabuze uyu mukecuru, agira inama urubyiruko rufite iyo myitwarire mibi  yo kuyihindura ahubwo bakerekeza ibitekerezo ku murimo ubatunga n’ibiteza  imbere igihugu.

Umurambo wa Uwimana Bibianne wahise ujyanwa mu Bitaro by’i Kabgayi kugira ngo usuzumwe.

MUHIZI ELISÉE UMUSEKE.RW/Muhanga.

- Advertisement -