Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Sena y’u Rwanda yasohoye itangazo ku iyimurwa ry’abatuye “Bannyahe”

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/09/17 2:10 PM
A A
6
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Sena y’u Rwanda yasohoye itangazo rishima ibikorwa bya Guverinoma byo gutuza heza abaturage, nyuma y’iminsi mike abari batuye Nyarutarama muri Gasabo, hazwi nka “Bannyahe” bamwe bimutse ku neza, abandi bakabisabwa n’ubuyobozi.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko kwimura abatuye Kangondo na Kibiraro byarangiye

Inama yahuje ba Perezida ba Komisiyo yateranye ku wa gatanu, tariki ya 16 Nzeri, 2022 iyobowe na Perezida wa Sena, Dr. IYAMUREMYE Augustin yize igikorwa cya Komisiyo ya Sena y’Ubukungu n’Iterambere ry’Imari cyo “kumenya ibikorwa mu kwihutisha iterambere rirambye ry’imijyi”.

Sena ivuga ko mu kungurana ibitekerezo kuri icyo gikorwa, Inama y’Abaperezida yashimye ibikorwa na Guverinoma mu gutuza neza abaturage hagamijwe kunoza imiturire n’imitunganyirize y’imijyi nk’uko biteganyijwe muri Gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi (2017–2024).

Inama ya ba Perezida ba Komisiyo muri Sena, yashimye igikorwa cya Guverinoma cyo gutuza neza abaturage batuye mu Midugudu ya Kangondo I, Kangondo II na Kibiraro, mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera, Akarere ka Gasabo.

Kwamamaza

Aba baturage batangiye kwimurwa kuva mu ntangiriro z’iki Cyumweru, bakajyanwa gutura mu mudugudu wubatswe mu Kagari ka Busanza, mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Itangazo rigenewe Abanyamakuru ryasohowe na Sena, rigira riti “Inama y’Abaperezida isanga iyo gahunda ya Guverinoma igomba gukomeza, mu rwego rwo kurengera abaturage batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, bagatuzwa neza.”

Abaturage bari banze kujya gutura mu Busanza bavuga ko bubakiwe inzu zidahwanyije agaciro n’imitungo bari bafite

Sena ivuga ko bishimangira iyubahirizwa ry’ihame remezo ryo : Kubaka Leta iharanira imibereho myiza y’abaturage no gushyiraho uburyo bukwiye kugira ngo bagire amahirwe angana mu mibereho yabo.

Inama y’Abaperezida yasabye Abanyarwanda gukomeza gushyigikira gahunda za Leta ziteza imbere imibereho yabo.

Alain Mukuralinda Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko ibikorwa byo kwimura bariya baturage byarangiye kandi byagenze neza.

Kuri Twitter yanditse ati “Kwimuka Kangondo na Kibiraro bigeze ku musozo nta muvundo. Leta ikomeje kandi gutega amatwi, no gushakira umuti ibindi bibazo byavuka nyuma y’aho bagereye aho bimukiye mu Busanza.”

Dr Habineza azanye ingingo nshya ku kibazo cy’abaturage ba “Bannyahe”

Bannyahe isigaye ari amateka, bose bagiye gutura mu Busanza
Aho bagiye hari ibikorwa remezo by’ibanze
Uyu ni umudugudu wa Busanza ubu watujwemo abari batuye Kangondo na Kibiraro

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rayon Sports igiye gukina imikino ibiri ya gicuti

Inkuru ikurikira

Ibintu byafasha APR kwivana imbere ya US Monastir

Izo bjyanyeInkuru

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

2023/06/04 11:18 PM
Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

2023/06/04 6:04 PM
Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

2023/06/04 2:20 PM
Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

2023/06/04 2:02 PM
Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

2023/06/04 12:00 PM
Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

2023/06/04 8:25 AM
Inkuru ikurikira
Ibintu byafasha APR kwivana imbere ya US Monastir

Ibintu byafasha APR kwivana imbere ya US Monastir

Ibitekerezo 6

  1. Kurazikubone Jean says:
    shize

    Inshingano za Sena zabazivuyeho hakajyaho iyo gukomera guvernoma amashyi? Icy’ingenzi Sena yagombye kureeba ni ukuba amategeko ajyaho kandi agakurikizwa. Abaturage barataka ko Leta (Guvernoma) yica amategeko. Sena – aho kwiga ikibazo cy’abaturage – iti: musugire musagambe! Ngiyo ingaruka y’abitwa ko bahagarariye rubanda kandi rubanda itabatora! Byanyibukije umudepite wagiye ku musozi ahagariye ahavuka umwe mu baturage bafunzwe hatazwi impamvu maze akihanukira ati: “Ntimumuzi ….! Arafunze. Arakagwa iyo ari”! Ngabo abaduhagarariye!

  2. Jean says:
    shize

    Ese kobari kubatuza aheza !!! Aho babakura kwarihabi hateza akaga nibateremo ibiti bareke kuhashyira aba businessman !!! Ahabi hadakwiye guturwa nute bahashyira ibikorwa remezo ? Nibya ESE ingurane itangwa hadakozwe ibarura ? Bivuzengo buriwese anganya agaciro nundi ko babaha amazu asa ahuje nibyamgkmbwa ? ESE ushatse kugurisha byagenda bite?

  3. Kale says:
    shize

    Ibi byose bizashira twese tuzabisiga gusa urya iby’abandi nubwo abanty batabimubaza Imana izabimubaza

  4. fils says:
    shize

    niyo mhamvu buri uzabona uburyo bwo kugera hanze y’iki gihugu afite connection ntagaruke ntazamutera ibuye

    bannyahe uwibonagamo ubukire ko atunze kurenza runaka bamusennye bamuringaniza nuwo yarutaga

    dutegereze ibizakurikira muri iriya nkambi bajyanywemo na bannyahe nari niyiziye

  5. fils says:
    shize

    niyo mhamvu buri uzabona uburyo bwo kugera hanze y’iki gihugu afite connection ntagaruke ntazamutera ibuye

    bannyahe uwibonagamo ubukire ko atunze kurenza runaka bamusennye bamuringaniza nuwo yarutaga

    dutegereze ibizakurikira muri iriya nkambi bajyanywemo na bannyahe nari niyiziye

  6. Bakunzi says:
    shize

    Iyi Sena yacu iransekeje, nanze kuvuga ko yandijije. Birababaje biteye n’agahinda kubona ibi abasenateri bishimiye.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

2023/06/05 7:21 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010