Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

“Uko bazaza niko bazakirwa”, Minisitiri Biruta avuga igihe Congo yatera u Rwanda

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/26 7:38 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

*Fazil Harerimana “ngo yari kwishima iyo indege ya Congo iraswa ikagwa hasi”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yabwiye Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite uko umubano w’u Rwanda n’amahanga uhagaze, akaba yavuze ko kuri Congo Kinshasa utameze neza.

Minisitiri Biruta avuga ko amagambo ari mu itangazo rya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo riheruka gusohoka yerekana ko icyo gihugu gishaka intambara

Mu biganiro byamaze umwanya, ndetse Abadepite bamwe bagatanga ibitekerezo uko babona ibintu, abandi bakabaza ibibazo, Minisitiri Biruta yavuze ko Congo itagaragaza ubushake bwo kurangiza ikibazo cy’umutekano muke. Yavuze imizi yacyo ko ifitanye isano n’Abakoloni b’Ababiligi.

Visi Perezida w’Inteko ishinga Amategeko, Hon Mussa Fazil Harerimana yagaragaje ko ashyigikiye uko u Rwanda ruri kwitwara mu kibazo cya Congo, gusa ngo yababajwe no kuba indege ya Congo iheruka guhabwa ubutumwa ubwo yavogeraga ikirere cy’u Rwanda, itahanuwe ngo ijye ku butaka.

Kwamamaza

Yagize ati “Ubwo ndi gushimira nagira ngo nanashimire ubuyobozi bw’igihugu cyacu ku micungire myiza bafite kuri iki kibazo umuturanyi mubi aduteye.

Ariko na none nshimire by’umwihariko ingabo z’igihugu cyacu, RDF, kuko ndibuka ko tukiri abana batwigisha ubutwari no kutihanganira ikibi, hari igihe batwerekaga umurongo, bagaca umurongo ngo iyi ni rengarenga, ugashyiraho uwakabiri ngo iyi ni renga nkumene.

Ubwo rero ubwo barenze uwo wa kabiri bagakora agakorwa, ko kumena, nubwo jyewe kanshimishize ariko si cyane kuko nifuzaga ko bakora ibirenzeho, kikagwa aho ngaho tukababwira ngo twakimenaguye rwose. Narishimye ariko ndavuga ngo ni ya rengarenga ya mbere, ariko iya kabiri izaba renga nkumene.”

Ubwo Minisitiri Biruta yari mu ntko ishinga Amategeko

Hon Mussa Fazil Harerimana yavuze ko hakwiye kujyaho Komisiyo yo gucukumbura niba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ingabo za Zaire (ni Congo ya none), niba nta sano bifitanye n’ingengabitekerezo iriho ubu muri Congo, yo kwanga Abanyarwanda by’ “umwihariko Abatutsi”.

Yavuze ko hari benshi mu bayobozi ba FDLR bagiye bapfira ku rugamba ku butaka bwa Congo, ndetse n’abafatwa, akibaza niba Congo ivuga ko ari abo u Rwanda rufata rugatereka aho.

Ku kibazo cy’Umudepite wabajije Minisitiri Vincent Biruta, kugira icyo avuga ku kuba Congo ivuga ko izahora ku ndege yayo yangiritse nyuma yo kuraswaho, Biruta yavuze ko “u Rwanda rutegereje.”

Ati “Kuvuga ko bagiye kwihorera, ibyo bavuze hashize iminsi, turategereje. Abavuga ko bagiye kuza bakagera i Kigali, bakagira bate, ibyo tuzabireba, nibaza bazakirwa uko bazaba baje.”

Umubano w’u Rwanda na Congo uri ku rwego rwa nyuma rwo hasi, Congo yirukanye Ambasaderi w’u Rwanda ku butaka bwayo, Vincent Karega ishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23.

U Rwanda rushinja Congo gufasha umutwe w’iterabwoba wa FDLR ruvuga ko ugizwe n’abakoze Jenoside mu Rwanda, gushyira abacanshuro hafi y’ubutaka bwarwo, kuruharabika mu mahanga, no guhohotera no kwica Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Amahanga akomeje gukomakoma ngo iki kibazo kitazagera kure, aho hari ibiganiro by’i Luanda muri Angola n’i Nairobi bigamije gushaka umuti kuri iki kibazo, ariko u Rwanda rushinja Congo kuvunira ibiti mu matwi ku myanzuro iba yafashwe ntiyubahirizwe.

“Ingamba zafashwe”, RDF yarashe ku ndege y’intambara ya Congo (Video)

Abadepite bagaragaje ko Inteko ikwiye gusohora itangazo rygana ibikorwa bikorerwa “Abatutsi” muri Congo

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

MONUSCO yasabye inyeshyamba za M23 guhita zihagarika imirwano

Inkuru ikurikira

UPDATE: M23 yafashe Kitshanga, ingabo za Congo “ngo ntizarwanira ahari abaturage”

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
UPDATE: M23 yafashe Kitshanga, ingabo za Congo “ngo ntizarwanira ahari abaturage”

UPDATE: M23 yafashe Kitshanga, ingabo za Congo "ngo ntizarwanira ahari abaturage"

Ibitekerezo 1

  1. Pingback: Biruta asaba Abakoloni kuza gutanga umuti w’ibibazo bateje hagati y’u Rwanda na Congo – Umuseke

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010