Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umugore w’intwari wapfuye asohora umwana mu nzu irimo gushya, yashyinguwe

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/24 9:34 PM
A A
4
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Kayonza: Urupfu rwa Umugwaneza Jeanne Francoise n’umwana we Hirwa Aime Corneille, rwashenguye abatuye i Kayonza na benshi bumvise inkuru ye mu bitekereza banditse ku mbuga nkoranyambaga za UMUSEKE.

 

Umugwaneza Francoise n’umwana we Hirwa Aime bapfiriye rimwe mu mpanuka yo guturika kwa Gas

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Umugwaneza wari umwarimukazi, n’umwana we w’imyaka 8 bashyinguwe mu irimbi rya Rwamuhama.

Umwe mu baturanyi babo yabwiye UMUSEKE ko abanu benshi bari bafite ikiniga, mu gushyingura uyu mugore w’intwari wishwe n’inkongi agerageza gutabara umwana we wari mu nzu irimo gushya.

Kwamamaza

Inkongi yatejwe n’iturika rya Gas ryabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 22 Mutarama, 2023 mu Murenge wa Mukarange, Akagari ka Nyagatovu, mu Mudugudu w’Irebero.

Amafoto UMUSEKE wabinye agaragaza ko byinshi mu byari mu nzu byangiritse.

Gufata imirambo byari biteganyijwe ku isaha ya saa 07h00 a.m ku Bitaro bya Gahini, gusezera byabereye mu rugo rwabo, naho misa yo kubasabira yabereye kuri Kiliziya Gatulika ya Mukarange.

Umwe mu batabaye yabwiye UMUSEKE ko gushyingura byatinzeho gato kuko byari biteganyijwe ku isaha ya saa cyenda (15h00).

Umugwaneza n’umwana we

Yavuze ko abayobozi mu nzego z’ibanze, abanyeshuri bo ku kigo cy’amashuri abanza i mukarange aho yigishaga n’abanyeshuri b’aho umwana we yigaga batabaye, ku buryo hari abantu benshi.

Uyu muturanyi w’uriya muryango yavuze ko Umugwaneza yari atwite inda y’amezi atanu, ndetse ko nta mwana asize kuko umwana yabanje gusohokana na we mu nzu ari uwo yasanganye umugabo we mbere y’uko babana.

MUNGANYINKA Hope, Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, ubwo twaganiraga na we iriya mpanuka yaraye ibaye, yabwiye UMUSEKE ko bagiye gukaza ubukangurambaga bwo kwigisha abantu gukoresha neza Gas, bakubahiriza amabwiriza abigenga.

Umugore yapfanye n’umwana we nyuma yo guturikanwa na Gas

Ubuyobozi bwavuze ko icupa rya Gas ryagejejwe aho ikoreshwa ritwawe ku igare bigakekwa ko yari yicunze, bayicana igaturika
Mu nzu ibintu byose byarangiritse

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

U Rwanda mu nzira yo kurandura indwara zibasira abantu baciriritse

Inkuru ikurikira

Congo iti “Ntituzakomeza kurebera”

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Congo iti “Ntituzakomeza kurebera”

Congo iti “Ntituzakomeza kurebera”

Ibitekerezo 4

  1. lg says:
    shize

    Ntabwo gutwara gaz kwigare alibyo byateye inkongi yateje ibyo byago byatewe no kuba yatambutsaga gaz kumutwe wicupa ahafungwa régulateur cyangwa agapira kabaumunwa wicupa katambutsa gaz nibyiza gucunga cyane umupira uva kumashyiga kugera kwicupa ko ufunze neza na collier kameze nkimpeta bamwe ntibadushyiraho kwicupa naho hashobora kuva bibaye byiza mbere yokuyikoresha washyiraho amazi make ukareba ikindi nuko gaz igifatwa wakoresha ikintu cyose kiri hafi umwenda isume icyo ukoropesha ukagishyira mumazi make ugashyiraho bihita bizima aho kwiruka ngo umuliro urenge urugero abo bavandimwe bagire iruhuka ridashira

    Reply
    • Sniper says:
      shize

      Urakoze rwose muvandimwe mwiza ku nama n’ibisobanuro utanze

      Reply
    • barame says:
      shize

      Urakoze kuli ubwo busobanuro.Urupfu tugendana narwo.Tuge duhora twiteguye.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc…Nkuko imana yaturemye ibidusaba muli Matayo 6,umurongo wa 33,tujye dushaka ubwami bw’imana mbere ya byose,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko bible ivuga.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka.Soma Abagalatiya 6 umurongo wa 8.Ntitukemere ababeshya ko upfuye aba yitabye imana.Siko bible ivuga.

      Reply
  2. En says:
    shize

    Ibyo Ig asobanuye nibyo bishoboka kuko iyo habayeho guturika icupa rirangirika cyane ntiwasanga icupa rikiri intact nkuko ririya rigaragara

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010