Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Afurika

Congo iti “Ntituzakomeza kurebera”

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/24 11:52 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Guverinoma ya Congo yasohoye itangazo ivuga ko yamaganye yivuye inyuma igitero kuri imwe mu ndege yayo Sukhoi-25, yarashweho n’igisirikare cy’u Rwanda.

Indege y’igisirikare cya Congo yahuye n’umuriro ubwo u Rwanda rwayishinjaga kuvogera ikirere cyarwo

Itangazo ryasohowe na Guverinoma ya Congo, rivuga ko iriya ndege yarashweho ahagana saa 17h00 i Goma, ku murwa mukuru wa Kivu ya Ruguru.

Congo ivuga ko iyo ndege y’intambara yarashweho igeregeza kugwa ku kibuga cy’indege mpuzamaganga cyago.

Itangazo rigira riti “Amasasu y’u Rwanda yerekejwe ku ndege ya Congo yagurukaga mu kirere cya Congo. Ntabwo yigeze iguruka na rimwe mu kirere cy’u Rwanda. Indege yageze ku butaka nta byangiritse cyane.”

Kwamamaza

Amashusho yafashwe agaragaza ko iyi ndege yageze ku butaka yatangiye gushya, ndetse ikaba ifite imyenge ahantu hatandukanye.

Congo ivuga ko igitero ku ndege yayo cyabanjirijwe n’igitero cyo ku butaka ahitwa Kitchanga, ariko cyo kikaba cyakomwe mu nkokora n’ingabo za Leta, FRADC.

Iki gihugu kivuga ko hari abasirikare benshi b’u Rwanda bagiye guha imbaraga “ibirindiro” biri ahitwa Kibumba na Bwito, ndetse kuri ibyo hakiyongeraho ibindi bikorwa bigamije inabi.

Congi yagize ati “Iki gitero cy’u Rwanda kirafatwa nk’ubushotoranyi, ni igikorwa cy’intambara kigamije guhungabanya uburyo buriho nk’inzira y’ibiganiro bya Luanda, na Nairobi bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, no mu karere k’ibiyaga bigari.”

“Ingamba zafashwe”, RDF yarashe ku ndege y’intambara ya Congo (Video)

Congo ivuga ko muri iki gihe yatangiye ibikorwa byo kubarura abazitabira amatora y’Umukuru w’igihugu, mu gihugu hagati no mu burasirazuba bwacyo, isaba amahanga gukomeza kotsa igitutu u Rwanda n’inyeshyamba za M23, kugira bihagarike ibikorwa bibi bishobora guhungabanya amatora.

Itangazo rivuga ko Congo yiyemeje kubahiriza ibiri mu nzira zavuzwe (ibiganiro bya Luanda, na Nairobi), ariko ko icyo gihugu gifite uburenganzira bwo kurengera ubusugire bwacyo, “kandi ngo ntabwo izakomeza kurebera.”

U Rwanda na Congo ibintu bikomeza kugera iwandabaga, ibiganiro byari biteganyijwe ku wa Mbere, Perezida Felix Tshisekedi yabiteye umugongo ku munota wa nyuma mu gihe intumwa z’u Rwanda n’abandi bari batumiwe bari bageze i Doha muri Qatar aho byari kubera

Perezida Tshisekedi aherutse kuvuga ko ikibazo cy’umutekano mu Karere k’Ibiyaga bigari kitwa u Rwanda.

U Rwanda rwo rushinja Congo kuba igaragaza ko idakeneye inzira y’amahoro, ahubwo ikaba ishyira imbere ibikorwa by’intambara.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Umugore w’intwari wapfuye asohora umwana mu nzu irimo gushya, yashyinguwe

Inkuru ikurikira

Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari ku Isi, IMF yatangiye uruzinduko mu Rwanda

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari ku Isi, IMF yatangiye uruzinduko mu Rwanda

Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari ku Isi, IMF yatangiye uruzinduko mu Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010