Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari ku Isi, IMF yatangiye uruzinduko mu Rwanda

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/25 12:48 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari FMI, Kristalina Georgieva yageze mu Rwanda mu masaha y’ijoro kuri uyu wa Kabiri, mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Kristalina Georgieva yageze mu Rwanda mu masaha y’ijoro kuri uyu wa Kabiri

Akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe yakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana.

Kristalina Georgieva akigera mu Rwanda yanditse kuri Twitter ko mu minsi ibiri iri imbere ategereje kumva ibitekerezo byaba ibyo mu Rwanda no mu Karere mu bijyanye n’uko Ikigega cy’Imari ku Isi, IMF cyarushaho kugira uruhare mu bijyanye no gufahsa imishinga igamije kurengera ibidukikije.

Yagaragaje ko yashimye uburyo yakiriwe ageze mu Rwanda.

Kwamamaza

Kristalina Georgieva ageze mu Rwanda akubutse muri Zambia aho kuri uyu wa Kabiri yafunguye ibiro by’iki kigo muri Mujyi wa Lusaka.

Inama nyobozi y’Ikigega cy’Imari ku Isi (IMF) iherutse kwemeza inguzanyo ya miliyoni 319 z’amadolari azagabwa u Rwanda mu buryo bushya bwo gushyigikira politiki z’ibihugu bikennye, n’ibifite ubukunu bwo hagati, bwiswe (Resilience and Sustainability Facility, RSF), n’ubundi bwitwa (Policy Coordination Instrument, PCI).

Mu byo ariya amafaranga azakoreshwa harimo gushyiraho politi n’ingamba zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe (climate change), no kuzamura urwego rw’ubukungu.

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyoni 319 z’amadolari

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Congo iti “Ntituzakomeza kurebera”

Inkuru ikurikira

Ukraine igiye guhabwa ibimodoka bishya by’intambara birimo ibyitwa “Ingwe”

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Ukraine igiye guhabwa ibimodoka bishya by’intambara birimo ibyitwa “Ingwe”

Ukraine igiye guhabwa ibimodoka bishya by’intambara birimo ibyitwa “Ingwe”

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010