Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ibyiyumvo bya Fabros kuri “Giti” ikomeje gutsikamira impano nshya

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2023/02/04 4:39 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ruswa ni kimwe mu bintu bigaragara ahantu hatandukanye ugasanga ariko bayitazira amazina atandukanye, mu muziki bayita “Giti” ihabwa abafasha abahanzi kumenyekanisha ibihangano byabo.

Umuhanzi mushya Fabros avuga ko gutanga ruswa atariko kumenyekana mu muziki

Kuri Fabros we nubwo ataramenyekana cyane ntabwo yemera iyi ngingo ivuga ko iyo utanze ruswa mu itangazamakuru aribwo umenyekana.

Avuga ko kuba icyamamare cyangwa se kugafata mu muziki ari ugukora cyane hamwe no gukora ibintu byiza gusa.

Ati “Gutanga ruswa mbona atari yo nzira yo kugafata kuko nabyo ntibiba bihagije hari igihe bisaba kuba ufite abajyanama bo kumenya igikenewe. Hari na benshi bafite ayo mafaranga ariko kwamamara bikaba byaranze!”

Kwamamaza

Uyu musore uri mu bahanzi bakizamuka mu Rwanda yasohoye indirimbo nshya yise ‘Fata fone,’ avuga ko ubutumwa buyikubiyemo bwerekeye ku nshuti ye yashatse umugore ariko bakaza gutandukana.

Ati “Iyo nkuru narayitekereje nyihimbamo indirimbo nsa nkubwira uwo mugore watandukanye n’umugabo gufata telefone akamwumva.”

Mu rugendo rwa muzika ngo ababazwa cyane n’abatunganya umuziki (Producers) bajya bishyurwa indirimbo nyuma ntibazihe abahanzi. Ibi nawe byamubayeho.

Ati “Ikintu cyambabaje mu muziki ni ukuntu nakoze indirimbo nkanazishyura kuba Producers bamwe ariko nyuma nkasanga bazitanze ahandi gusa ntabwo byanshiye intege ahubwo byanyongereye imbaraga zo gukora ibintu byiza.”

Asaba Abanyarwanda gutega amatwi bakumva n’abahanzi bashya kuko n’izibika ngo zari amagi.

Kwizera Fabrice yatangiye kuririmba afite imyaka 13, ariko yinjiye muri Studio bwa mbere muri 2018 ariko indirimbo yakoze icyo gihe ntabwo yasohotse.

Nyuma yaje kuva mu muziki ajya gukora akandi kazi.

Yongeye kugaruka mugihe cya Covid-19 akomerezaho na n’ubu ngo aracyakomeje kandi ntazongera guhagarara.

Reba Fata Phone indirimbo ya Fabros

Fabros asaba gufasha abahanzi bashya bidasabye indonke

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

UPDATE: Perezida Kagame na Tshisekedi bitabiriye inama y’i Bujumbura

Inkuru ikurikira

Réseau des Femmes mu mujishi wo kubaka umuryango utekanye i Burera

Izo bjyanyeInkuru

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
RDC: Ingabo z’u Burundi zaburijemo igitero ku baturage

RDC: Ingabo z’u Burundi zaburijemo igitero ku baturage

2023/03/27 12:45 PM
Kigali: Ibitavugwa ku nyubako z’Urukumbuzi Real Estate zahirimye

Kigali: Ibitavugwa ku nyubako z’Urukumbuzi Real Estate zahirimye

2023/03/27 12:35 PM
Inkuru ikurikira
Réseau des Femmes mu mujishi wo kubaka umuryango utekanye i Burera

Réseau des Femmes mu mujishi wo kubaka umuryango utekanye i Burera

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010