Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Perezida Kagame yaconze ruhago mu kwishimira ko Stade ya Kigali yitiriwe Pelé

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/03/16 4:22 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubusanzwe Perezida Paul Kagame amenyerewe mu kibuga akina Tennis cyangwa basketball, uyu munsi ku wa Gatatu byari amateka, mu ikabutura y’umukara, umupira w’icyatsi kibisi uriho nomero 7, Perezida Paul Kagame yahaye icyubahiro Umwami wa Ruhago, Pelé uherutse gutabaruka.

Kuri Stade yitiriwe Edson Arantes do Nascimento wamenyekanye nka Pele, Perezida Kagame arahatanira umupira na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino

Perezida Paul Kagame wagaragaje ko agifite imbaraga, yakinanye n’ibihanganye bitandukanye, ndetse na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ya Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yavuze ko Pelé yahurije isi hamwe, akaba yari umuntu uciye bugufi, ariko wageze kuri byinshi.

Ati “Ni urugero rwiza kuri benshi ku isi kugira ibigwi nk’ibyo. Ibyo bibaha icyizere ko nabo bakora ibikorwa bishobora ku bageza kuri urwo rwego (rw’ikirenga).”

Kwamamaza

Nyuma y’imikino ku mugoroba Perezi Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye umuhango wo gusangira n’abitariye inteko rusange ya FIFA.

Olivier Nizeyimana, Perezida wa FERWAFA yavuze ko kuba u Rwanda rwaratoranyijwe kuberamo Congress ya FIFA, iri kuba ku nshuro ya 73, bikaba bibaye bwa kabiri muri Africa nyuma yo kubera muri Maroc, bigaragaza ko u Rwanda rufitiwe icyizere mu gutegura inama n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi ku rwego rwo hejuru.

Yavuze ko babishimira FIFA, ndetse ko bitanga icyizere ko Africa na yo igenda ihabwa ijambo, ndetse bikaba bitakiri igitangaza ko mu gihe runaka FIFA yazayoborwa n’umuntu ukomoka muri Africa.

Umwami wa ruhago, Pelé yapfuye ariko umurage we uzahora wibukwa

Perezida Kagame yagaragaje ko agifite imbaraga zo gukora siporo

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Leta igiye gushyiraho gahunda izakura mu bukene abarenga ibihumbi 400

Inkuru ikurikira

Umunyamideli w’umunyarwandakazi ari mu munyenga w’urukundo – AMAFOTO

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Umunyamideli w’umunyarwandakazi ari mu munyenga w’urukundo – AMAFOTO

Umunyamideli w’umunyarwandakazi ari mu munyenga w’urukundo – AMAFOTO

Ibitekerezo 1

  1. JEROME says:
    shize

    NDIHANGANISHA UWO MURYANGO WABUZE UWO MUSORE

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010