Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

Perezida Putin yatunguranye asura umujyi wo muri Ukraine

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/03/19 1:15 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ibitangazamakuru bya Leta mu Burusiya byatangaje ko Perezida, Vladimir Putin yasuye atunguranye umujyi wa Mariupol wo muri Ukraine, washegeshwe n’intambara ariko ugwa mu maboko y’ingabo ze.

Perezida Putin yagaragaye yitwaye mu modoka

Amashusho agaragaza Perezida Putin atwaye imodoka mu muhanda, ndetse aganira n’abaturage.

BBC ivuga ko hataramenyekana igihe amashusho yafatiwe.

Gusa ibitangazamakuru bindi bivuga ko uruzinduko rwa Perezida Putin mu mujyi w’icyambu wa Mariupol rwabaye ku wa Gatandatu.

Kwamamaza

Nibwo bwa mbere Perezida Putin asuye ibice ingabo z’Uburusiya zigaruriye kuva intambara yatangira muri Ukraine mu kwezi kwa Gashyantare, 2022.

Perezida Putin kandi ngo yahuye n’abayobozi b’ingabo ze mu mujyi wo mu Burusiya wegereye Mariupol witwa Rostov-on-Don.

Ibiro ntaramakuru Tass news agency bivuga ko Putin yagiye muri uriya mujyi wo muri Ukraine akoresheje kajugujugu.

Hanagaragaye amafoto Putin aganira n’abaturage

Amashusho yafashwe agaragaza Perezida Putin ari kumwe na Visi Minisitiri w’intebe, Marat Khusnullin, amusobanurira uko barimo kongera kubaka uriya mujyi wasenywe bikomeye n’intambara.

Putin yanasuye ahantu h’imyidagaduro hitwa Philharmonic Hall, aha niho Uburusiya bwagennye ngo hacibwe imanza bamwe mu barindaga agace k’inganda kanini cyane kitwa Azovstal hatunganyirizwa zahabu n’ibindi byuma.

Benshi mu baharindaga barwana n’ingabo z’Uburusiya byarangiye bamanitse amaboko bafatwa mpiri.

Mariupol ni umujyi umaze hafi umwaka uri mu maboko y’Ubursiya, Ukraine ivuga ko mu ntamabara haguye abantu 20,000.

UN yo mu bushakashatsi bwayo igaragaza ko inyubako hafi 90% zangiritse, naho mu baturage bagera ku 500,000 bari bahatuye mbere y’intambara, 350,000 barahunze.

Hari abaturage batuye muri uriya mujyi babwiye BBC ko Uburusiya burimo gushaksiha amafaranga menshi yo gusana no kongera kubaka uriya mujyi kugira ngo bwigarurire imitima yabo, ndetse no kwigarurira uwo mujyi.

Uburusiya buvuga ko Mariupol ubu irimo abaturage 300,000.

 Hasohotse impapuro zo gufata Perezida Putin n’umugore ukora mu biro bye

Putin yanasuye ahantu h’imyidagaduro muri uriya mujyi wa Mariupol

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rusizi: Umutekano muke muri Congo watumye icyambu cyo ku Nkombo gifungwa

Inkuru ikurikira

USA: El Dushime na Clarisse Karasira bahuje inganzo mu gisigo bise “Turaziranye”- Cyumve

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
M23 si umutwe w’ibyihebe, barwanira uburenganzira bwabo – Gen Muhoozi

Gen Muhoozi agiye gusezera igisirikare – Arajya he?

2023/03/27 3:41 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
USA: El Dushime na Clarisse Karasira bahuje inganzo mu gisigo bise “Turaziranye”- Cyumve

USA: El Dushime na Clarisse Karasira bahuje inganzo mu gisigo bise "Turaziranye"- Cyumve

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010