Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ruhango: Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari

Yanditswe na: Elisée MUHIZI
2023/03/16 1:02 AM
A A
3
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinihira buvuga ko bwamenye amakuru ko hari umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari ka Nyakogo.

Ruhango ni mu ibara ritukura cyane

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinihira, Uwamwiza Jean d’Arc yabwiye igitangazamakuru BTN dukesha iyi nkuru, ko batunguwe no kumva ko hari umubiri umaze igihe kingana gutya  mu nyubako ya Leta, zimwe mu nzego za Leta zitabizi.

Uwamwiza akavuga ko hashobora kuba harabayeho uburangare cyangwa ikindi kibazo cyatumye uyu mubiri udashyingurwa mu cyubahiro.

Ati: “Amakuru twayamenye ejo dutangira gahunda yo kwegeranya amakuru.”

Kwamamaza

Gitifu yavuze ko nta makuru arambuye afite kuri iki kibazo, gusa akavuga ko uko byagenda kose uyu mubiri ugomba gushyingurwa.

Ati: “Uko biri kose umubiri w’umuntu ntukwirirye kuba mu biro nubwo tutaramenya impamvu yabiteye.”

Uwamwiza yavuze ko  nyuma y’iminsi ibiri bazaba bafite amakuru yuzuye ajyanye n’uyu mubiri, ndetse  n’icyatumye ushyirwa mu biro by’Akagari.

Ababonye uyu mubiri bavuga ko watangiye kwangirika ku buryo hari zimwe mu ngingo zitakigaragara.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinihira bwavuze ko abaturage batagomba kugira impungenge kuri ayo makuru.

Hari amakuru avuga ko uko ba Gitifu bagiye basimburana nta n’umwe wigeze atanga raporo y’uko mu Biro by’Akagari ka Nyakago haruhukiyemo umubiri, usibye Gitifu uyoboye kuri ubu, wabashije kubigaragaza.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW.

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Inkuba yakubise abantu babiri barimo umwana w’imyaka 4

Inkuru ikurikira

Leta igiye gushyiraho gahunda izakura mu bukene abarenga ibihumbi 400

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Leta igiye gushyiraho gahunda izakura mu bukene abarenga ibihumbi 400

Leta igiye gushyiraho gahunda izakura mu bukene abarenga ibihumbi 400

Ibitekerezo 3

  1. lg says:
    shize

    Aliko ibi nibyo H,E ahora avuga asubiramo abantu bamwe babayobozi ntibumva umubili wumuntu imyaka 9 mukagali!! dore ikintu kimwe inzego za Leta zikwiye gufatira ba Gitifu bose bayoboye ako kagali ukuyemo uwo uliho kugirango nabandi bamenye ibyo bashinzwe aho bali hose birukanwe mukazi ka Leta kandi bitangazwe abo ntacyo bamaze

    Reply
  2. Kafa says:
    shize

    Kubiruka siwomuti babanze bamenye icyatumye ydashyingurwa kuko nikibazo

    Reply
  3. lg says:
    shize

    Kafa yego impamvu zigomba kumenyekana wasanga wenda barakoze ibyo bashoboye ntakibazo wasanga hali nabo mumurenge bakwiye gukurikiranwa umuyobozi wumurenge niba atazi ayo makuru kuko akagali gakuriwe numurenge umurambo si igikoresho cya akagali ubwo buli wese mubahayoboye bazavuga ibyawo lg

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010