Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ruhango: Umugabo yashatse gutema umugore we umuhoro ufata umwana

Yanditswe na: Elisée MUHIZI
2023/03/19 10:23 AM
A A
3
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp
Umugabo witwa Yamfasha Narcisse yaraye atemye umwana we mu mutwe no mu kiganza, mu gihe yashakaga gutema umugore we Nyirahabineza Devotha.

Yamfasha Narcisse yatawe muri yombi

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mwendo buvuga ko iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabereye mu Mudugudu wa Nyakabuye, Akagari ka Gishweru mu Murenge wa  Mwendo saa kumi n’imwe z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 18 Werurwe 2023.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo Muhire Floribert avuga ko intandaro y’ubu bugizi bwa nabi yaturutse ku makimbirane ashingiye ku ihene  baherutse kugurisha mu minsi ishize.

Muhire yabwiye UMUSEKE ko uwo mugore yamubajije aho ayo mafaranga bagurishije ihene ari, batangira gutongana nibwo Yamfasha yahise afata umuhoro ashaka gutema uwo mugore we arahunga noneho umuhoro ufata umwana wabo Turikumana Joseph w’imyaka 14 y’amavuko.

Ati “Umuhoro wamukomerekeje bikomeye mu mutwe no mu kiganza ajyanwa kwa Muganga.”

Kwamamaza

Amakuru UMUSEKE wamenye nuko  ayo mafaranga yaguze ihene Yamfasha yayanywereye yose ntiyasigaza n’igiceri.

UMUSEKE kandi wahawe amakuru n’abaturanyi b’uyu mugabo yemeza ko iyo hene  yagurishije ari iyo uwo mwana Se yaraye atemye.

Ayo makuru kandi yemeza ko Turikumana Joseph watemwe na Se, ari Umunyeshuri wiga mu mwaka kane w’amashuri abanza.

Abo baturage kandi bavuga ko atari ubwa mbere uyu mugabo ahohotera umugore we, kuko n’ubushize yagiye gutanga ikirego mu bugenzacyaha Umugabo we abimenye ahita acika ubu nibwo yongeye kubikora.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa  Mwendo buvuga ko uyu Yamfasha Narcisse yafashwe akaba agiye gushyikirizwa RIB,  naho umwana wakomeretse arwariye mu Kigo Nderabuzima cya Gishweru akaba arimo kwitabwaho n’Abaganga.

Turikumana Joseph yatemwe na Se

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW mu Ruhango
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Gikondo: Imiryango yabanaga binyuranyije n’amategeko yakorewe ibirori bihebuje-AMAFOTO

Inkuru ikurikira

Rusizi: Umutekano muke muri Congo watumye icyambu cyo ku Nkombo gifungwa

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Rusizi: Umutekano muke muri Congo watumye icyambu cyo ku Nkombo gifungwa

Rusizi: Umutekano muke muri Congo watumye icyambu cyo ku Nkombo gifungwa

Ibitekerezo 3

  1. Munyarukatu teresphore. says:
    shize

    Imiryango yahuye nikibazo yihangane ariko mwabanyarwanda mwe mwasangiye ibyanyu kutumvikana kwimiryango kandi akashi abagabo bacura abagore nukur iyo umugabo yumvikanye numugore kumutungo namakimbirane yabaho nukur abagabo twisubireho tureke gusesagur umutungo murakoze.

    Reply
  2. Barihenda Joseph says:
    shize

    RUHANGO ICYEYE DI ….!!!!!!

    Reply
  3. JIBT says:
    shize

    Bagabo benedata mwaretse kwisenxera nogusesagura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010