Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Abasekirite 2 barindaga Depo ya Bralirwa bishwe n’abagizi ba nabi

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/05/25 11:27 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Kayonza: Abagabo babiri bishwe n’abantu bataramenyekana, ndetse batwara mudasobwa n’amafaranga, inzego zibishinzwe zatangiye iperereza.

Mu Karere ka Kayonza ni mu ibara ritukura

Habanabakize Innocent, Umuyobozi w’Ibikorwa (Admin) mu murenge wa Mukarange, yabwiye UMUSEKE ko buriya bugizi bwa nabi bwabaye mu ijoro ryakeye, mu Mudugudu w’Irebero, mu Kagari ka Nyagatovu, muri uriya murenge wa Mukarange.

Yagize ati “Habaye ubugizi bwa nabi, ariko buvanze n’ubujura kuko bibye baranica. Bateye ahitwa kwa Budeyi bica abasekirite babiri.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko bariya basekirite barindaga depo ya Bralirwa. Abasekirite bishwe ni Nkundabanyanga Issa w’imyaka 59, na Tuyishime w’imyaka 24.

Kwamamaza

Ibyamenyekanye byibwe ni laptops ebyiri, n’amafaranga ariko yo ntaramenyekana umubare.

Habanabakize Innocent, Umuyobozi w’Ibikorwa (Admin) mu murenge wa Mukarange yabwiye UMUSEKE ko buriya bugizi bwa nabi atari ikintu gisanzwe muri Kayonza, by’umwihariko muri uriya murenge.

Ati “Twavuga ko bidasanzwe, abagizi ba nabi baciye mu rihumye inzego z’umutekano n’abarara irondo. Abaturage turabagira inama yo gufatanya n’inzego z’umutekano mu gucunga umutekano, bagatanga amakuru ku gihe, babona umuntu batazi bakamutangira amakuru.”

Yakomeje agira ati “Numva nta muntu waza kuriya ngo akore ibintu nka biriya nijoro, ni umuntu uba uhagenda, cyangwa uba ubana n’abo baturage.”

Yavuze ko bagiye gushyiramo imbaraga, ku buryo uwakora biriya atabisubira atarafatwa.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yabwiye UMUSEKE ko ibyabaye babimenye.

Ati “Investigations (iperereza) riri gukorwa.”

UMUSEKE kuri uyu wa Gatatu, twabagejejeho indi nkuru y’umuserikite wa Banki wiciwe i Rwamagana.

Rwanda: Umusekirite warindishaga Banki inkoni yishwe

TUYISHIMIRE Raymond / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Bugesera yatanze ubwasisi ku mukino izakira AS Kigali

Inkuru ikurikira

Fulgence Kayishema umaze imyaka 20 yihisha YAFASHWE

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Fulgence Kayishema umaze imyaka 20 yihisha YAFASHWE

Fulgence Kayishema umaze imyaka 20 yihisha YAFASHWE

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010