Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Fulgence Kayishema umaze imyaka 20 yihisha YAFASHWE

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/05/25 11:52 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umwe mu Banyarwanda bashakishwaga n’ubutabera kubera uruhare bakekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yatawe muri yombi.

Kayishema byari bimaze igihe bizwi ko aba muri Africa y’Epfo

Fulgence Kayishema avugwa cyane mu bwicanyi bwa Jenoside bwabereye i Nyange ya Kibuye.

Yatawe muri yombi ku wa Gatatu, ahitwa Paarl, muri Africa y’Epfo.

Fulgence Kayishema yatawe muri yombi ku wa Gatatu nimugoroba mu bikorwa byateguwe n’inzego zo muri Africa y’Epfo zifatanyije n’itsinda ry’Umugenzacyaha rishinzwe guhiga abakekwaho uruhare muri Jenoside bakihishahisha.

Kwamamaza

Kayishema akekwaho cyane kuba yarakoze ubwicanyi bwibasiye Abatutsi 2000 barimo abagore, abana n’abasaza bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yatangiye kuburirwa irengero kuva mu mwaka wa 2001 nk’uko CNN dukesha iyi nkuru ibivuga.

Serge Brammertz, Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasimbuye Urukiko Mpuzamahanga rwa Arusha, International Residual Mechanism for Criminal Tribunals (IRMCT) yavuze ko Kayishema yari amaze imyaka 20 yihisha.

Ati “Gufatwa kwe bizatuma noneho aburana ku byaha akekwaho.”

Serge Brammertz yashimiye ubuyobozi bwo muri Africa y’Epfo kuba bwaremeye gukorana n’inzego ngo Kayishema afatwe.

Ati “Jenoside ni icyaha gikomeye mu byibasira inyoko muntu. Umuryango mpuzamahanga wiyemeje gukora ibishoboka ngo abayikoze baburanishwe kandi bahanwe. Uku gufata (Kayishema) ni ikimenyetso gifatika kuri ubwo bushake, ko butakendereye, kandi ubutabera buzaba, ntabwo hazitabwa ku gihe bizafata.”

Hashize igihe urwego rwa IRMCT ruvuga ko Africa y’Epfo itagaragaza ubushake mu gukorana na rwo ngo Kayishema afatwe.

Kuri uyu wa Kane, Brammertz yashimye uburyo inzego zo muri Africa y’Epfo zatanze umusanzu muri iki gikorwa.

Urukiko ruvuga ko Kayishema mu buryo butaziguye yagize uruhare mu gutegura no gushyira mu bikorwa ubwicanyi.

Impapuro zo kumuta muri yombi zivuga ko yatanze petrol yo gutwika Kiliziya n’abantu bari bayihungiyemo.

Kayishema kandi n’abo bari kumwe, bavugwaho ko bazanye imashini za tingatinga, zo gusenya Kiliziya nyuma yo kuyitwika mu gihe yari ikirimo abantu.

Urwego rwa America rugira uruhare mu gushakisha abakekwaho ibyaha by’intambara, rwari rwatanze miliyoni 5 z’Amadolari nk’igihembo ku muntu uzafata cyangwa akagaragaza aho Kayishema yihishe.

Fulgence Kayishema biteganyijwe ko ku wa Gatanu azagezwa imbere y’urukiko mu mujyi wa Cape Town.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Abasekirite 2 barindaga Depo ya Bralirwa bishwe n’abagizi ba nabi

Inkuru ikurikira

Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry’iminsi ibiri

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry’iminsi ibiri

Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry'iminsi ibiri

Ibitekerezo 1

  1. majuli says:
    shize

    Aho wakwihisha hose,Imana iba ikubona.Igihano Imana izaha abanyabyaha bose banga kwihana,gisumbye kure icyo abantu batanga.Ni ikihe?Abakora ibyo Imana itubuza,ntabwo izabazura ku munsi wa nyuma,kandi ntibazabona ubuzima bw’iteka muli paradis.Iyo bapfuye biba birangiye batazongera kubaho.Nubwo nabo iyo bapfuye bababeshya ko baba bitabye imana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010