Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umurambo w’umusore wikanze DASSO akiroha muri Nyabarongo warabonetse

Yanditswe na: Elisée MUHIZI
2023/05/24 2:35 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

MUHANGA: Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyabinoni buvuga ko abaturage batoraguye umurambo wa Kagirinka uherutse kwikanga DASSO, akiroha muri Nyabarongo.

Gitifu w’Umurenge wa Nyabinoni, Nsanzimana Védaste yabwiye UMUSEKE ko uyu murambo wabonetse mu mpera z’iki cyumweru gishize.

Nsanzimana yavuze ko uyu muturage yiroshye mu mugezi wa Nyabarongo yikanze inzego zakanguriraga abaturage kwishyura mutuweli y’umwaka utaha.

Kwamamaza

Avuga ko uyu Kagirinka yabuze kuva kuwa gatatu abari bagiye kwahirira amatungo yabo ubwatsi bawusanga ku nkombe za Nyabarongo.

Ati “Umurambo we bamaze kuwushyingura kuwa 5 w’icyumweru gishize.”

Gitifu Nsanzimana avuga ko uyu mugabo yari afite imyaka 25 y’amavuko.

Ubwo UMUSEKE wakoraga Inkuru y’urupfu rwa Nyakwigendera Kagirinka, Mayor wa Muhanga Kayitare Jacqueline, yavuze ko amakuru bahawe n’inzego bakorana yahamyaga ko uyu Kagirinka akekwaho ubujura ari nayo mpamvu yahise afata icyemezo cyo kwiroha muri Nyabarongo.

Ngo yatinyaga ko bamufatana ibyo yari amaze kwiba abikuye mu Mudugudu wa Gashorera mu Murenge wa Nyabinoni ashaka kubyambukana hakurya mu Karere ka Ngororero.

Icyo gihe yagize ati “Muri ubwo bujura bamukekaho yashatse gucikira mu Karere ka Ngororero, ariko hafi y’ikiraro cya Nyabarongo aho bita kwa Bourget, ahabona inzego za DASSO zirimo gukora ubukangurambaga kuri mutuweli y’umwaka utaha arabikanga yiroha muri Nyabarongo batangira kumushakisha.”

Avuga ko ayo makuru y’uko yiroshye muri Nyabarongo atazi koga, bayabwiwe n’abo bari kumwe na bo bakekwaho ubujura, bo muri Ngororero bo, bagerageje kumwogana biranga arabacika.

Mayor Kayitare yavuze ko mu byo uriya musore yibye harimo intama ya nyina umubyara, yagurishije mu isoko rya Rusuri hakaba n’ihene y’umuturanyi wabo na telefone yibye.

Yavuze kandi ko yari aherutse gutema umuntu amuca agatoki, ndetse akaba hari uwo yari aherutse kurisha imbwa yagendanaga.

Mayor Kayitare yavuze ko izo nzego za DASSO zitigeze zimenya ko hari abantu biroshye muri Nyabarongo, kuko iyo zijya kubimenya ziba zaratanze raporo uwo muntu agashakishwa hakiri kare.

Uyu Muyobozi avuga kandi ko ayo  makuru bahawe n’izo nzego avuga ko uyu Kagirinka yagororewe IWAWA, ariko ntiyacika ku ngeso z’ubujura bamushinja.

Icyo gige Mayor wa Muhanga yavuze ko kwiroha muri Nyabarongo atari cyo gisubizo yari gufata atazi koga.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Byinshi ku gitaramo kizitabirwa n’abantu 1000

Inkuru ikurikira

Juvénal yageneye Abayovu ubutumwa bw’ihumure

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Juvénal yageneye Abayovu ubutumwa bw’ihumure

Juvénal yageneye Abayovu ubutumwa bw'ihumure

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010