Tanzania: Perezida yise Intare ‘Tundu Lissu’ izina ry’uwo batavuga rumwe

TUYISHIMIRE RAYMOND TUYISHIMIRE RAYMOND
‘Tundu Lissu’ Izina ryahawe Intare, risanzwe rizwi ku tavuga rumwe na Samia

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yise intare “iruhanya” (“igorana”) izina ry’umwe mu banyapolitike bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Perezida Samia yari yasuye ikigo cya Tanzania cyita ku nyamaswa kizwi nka TAWA (impine yo mu Cyongereza ya Tanzania Wildlife Authority), ubwo abashinzwe icyo kigo bamwerekaga iyo ntare idashobotse.

Perezida Samia yarabajije ati “Iriya ntare ifite izina?” “Niba nta ryo ifite, muyite Tundu Lissu.”

Lissu ni umukuru w’ishyaka rya mbere rikomeye mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi rya CHADEMA.

Muri uku kwezi yatawe muri yombi kubera kugerageza gukoresha mitingi (inama) y’urubyiruko, polisi yavuze ko iyo mitingi yari igamije guteza urugomo. Nyuma yaje kurekurwa atanze ingwate.

Ubwo yitaga iyo ntare iryo zina rishya ku cyumweru, Samia yagize ati “Impamvu ni uko buri gihe iba yabuze amahwemo [idatuje].”

Ku rundi ruhande Tundu Lissu yabwiye ibitangazamakuru byo muri Tanzania ati “Mvuka mu muryango w’intwari.Sogokuruza yishe intare yamuteye n’inka ze.”

Lissu ni umuntu ukomeye unenga ubutegetsi ndetse mu 2017 yarokotse igitero cy’abitwaje imbunda.

Imodoka ye yamishweho amasasu arenga 17 ariko arabacika afite ibikomere bikaze. Ababikoze ntibigeze bafatwa.

- Advertisement -

Lissu yiyamamaje ku mwanya wa perezida mu matora yo mu 2020 ariko atsindwa n’uwari Perezida waje gupfa, John Magufuli.

Samia, icyo gihe wari Visi Perezida, yabaye Perezida mu mwaka wa 2021 nyuma yuko Magufuli apfuye akiri ku butegetsi.

Amatora yitezwe kuba mu mwaka utaha.

Perezida Samia arateganya kwiyamamariza manda ya kabiri. Lissu na we arateganya kongera kwiyamamariza kuba perezida.

UMUSEKE.RW