AMAFOTO: Abaturage bafashe “selfie” ku nyeshyamba za M23

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana
Umuturage w'i Bukavu yakira inyeshyamba za M23

Umunsi wo ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025 uzaguma mu mitwe y’abatuye Bukavu bari bamaze iminsi itatu bikingiranye mu nzu batazi ikiza gukurikiraho nyuma y’uko ubuyobozi buhunze umujyi, bukajyana n’abasirikare ba leta ya Congo, FARDC n’ingabo z’u Burundi zabafashaga kurinda umujyi.

Bukavu yasigaye ari akajagari k’abasahura, kuva ku nzoga, ibiribwa, moto nshya no kugera ku masanduku ashyingurwamo abantu.

Icyari gikomereye umujyi cyane ni abana bahawe imbunda n’abasirikare mbere y’uko bahunga, ni bo basigaye barasa mu buryo bwo kwishimisha no gutera ubwoba.

Inyeshyamba za M23 zinjiye muri Bukavu zitarashe, abaturage bazakiriye bishimye kuko nibura bazibonamo abasirikare bashobora gusubiza ibintu mu murongo nyawo.

Umukobwa mwiza w’i Bukavu afata selfie n’umwe mu barwanyi ba M23/AFC
Uyu mugore ibyishimo byamurenze avuga ko ubuhanuzi busohoye ku Banyamulenge bahora batotezwa
Buri musirikare wa M23 yamuhobeye
Abakobwa b’i Bukavu bafata ifoto kuri umwe mu barwanyi ba M23/AFC
Uyu musore biragaragara ko yashimishijwe n’uko M23 yabagezeho kare
Umukobwa hagati y’abarwanyi ba M23 arimo arifotoza
Urubyiruko rw’i Bukavu rugaragaza ko nta kibazo kiri hagati yabo na M23
Ifoto yafashe muri video, umuturage arereka M23/AFC ahari abantu bahungabanya umutekano

VIDEO

UMUSEKE.RW

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *