Burundi: Hakozwe umukwabo wo gufata Abanyarwanda n’Abanyamurenge

TUYISHIMIRE RAYMOND TUYISHIMIRE RAYMOND
Hakozwe umukwabo wo gufata Abanyarwanda n’Abanyamurenge

Leta y’u Burundi, mu Mujyi wa Bujumbura ku cyumweru tariki ya 16  Gashyantare 2025, yakoze umukwabu udasanzwe wo guhiga bukware uwitwa Umunyarwanda ndetse n’Abanye-Congo bavuga ikinyarwanda ( Abanyamurenge).

Ni nyuma y’amagambo  ya Perezida w’u Burundi, Ndayishimiye Evariste,ahamagarira imbonerakure n’abaturage muri rusange kwitegura, avuga ko u Rwanda ruri gutegura gutera u Burundi.

The NewTimes ivuga ko abafashwe , burijwe  mu modoka ya Polisi, bajyanwa  Gihanga na Bubanza  bajya “ guhatwa ibibazo.”

Bafatiwe mu Cibitoke na Buterere, uduce twiganjemo abavuga ikinyarwanda. Gusa ntabwo hatangajwe umubare nyirizina w’abatawe muri yombi.

SOS media Burundi ivuga ko kandi  hari Abagande bane nabo batawe muri yombi ahitwa Rumongi, bafatiwe muri Hoteli.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X,Perezida Ndayishimiye , yavuze ko u Rwanda ruri kugambirira gutera u Burundi ndetse ko yagiranye ikiganiro n’ibihugu by’inshuti z’u Rwanda kuri iyo ngingo bityo “ u Rwanda rwasubiza amerwe mu isaho.”

Aya amagambo kandi yaje akurikira ay’umuvugizi we,  Gatoni Rosine Guilene, anenga abo yita abaturanyi ( Abanyarwanda)  bagize icyo bavuga ku butumwa bwa Perezida Evaliste Ndayishimiye.

Ubutumwa bwe bwanenzwe na benshi biganjemo abo mu burundi, bagaragaza ko   butarimo ubunyamwuga bijyanye n’umwanya ariho ndetse bamusaba ko yabusiba.

Ndayishimiye usanzwe ari inshuti y’akadasohoka ya Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanditse ubu butumwa, nyuma yaho M23 ifashe umujyi wa Bukavu, wabarizwagamo n’ingabo z’u Burundi.

- Advertisement -

U Burundi buvuga ko bwohereje abasirikare  10.000 mu Burasirazuba bwa Congo.

Ubwo M23 yafataga umujyi wa Bukavu, ingabo z’u Burundi ndetse na Congo,Wazarendo, zarahunze, zisigira imbunda abana n’abaturage.

UMUSEKE.RW

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *