Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana
Perezida Paul Kagame ageze muri Qatar

Perezida Paul Kagame yakiriwe muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi yagiriyeyo kuri uyu wa Kabiri.

Ambasade y’u Rwanda muri Qatar ivuga ko Perezida Paul Kagame yageze muri Qatar ku mugoroba wo ku wa Kabiri akaba yatangiye uruzinduko rw’akazi muri kiriya gihugu.

Paul Kagame ageze ku kibuga cy’indege cy’i Doha yakiriwe n’Umunyambanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, Dr. Ahmed bin Hassan Al Hammadi, na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kayinamura.

Nta byinshi byavuzwe kuri uru ruzinduko, gusa u Rwanda na Qatar bifitanye umubano ukomeye mu bijyanye n’ubucuruzi no mu bindi.

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko abayobozi ba gisirikare n’abayobora ishuri rya gisirikare bari mu rugendoshuri ruzamara icyumweru muri Qatar.

Abo bayobozi bayobowe na Brig. Gen Andrew Nyamvumba, basuye ishuri rya gisirikare ryitwa Joaan Bin Jassim College ryigisha amasomo y’ubwirinzi no kurinda umutekano w’igihugu.

Aba bashyitsi bavuye mu Rwanda banasuye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ahakorera televiziyo ya Al Jazeera, n’ibindi bigo bitandukanye bikorerwamo ibijyanye n’umuco.

UMUSEKE.RW

- Advertisement -
Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *