Sobanukirwa ububi bw’itabi n’uko warizinukwa

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson
Itabi ni ribi ku buzima

Itabi ririmo nikotine, bumwe mu burozi bwangiza umubiri kurusha ubundi, bushobora gutuma umuntu ashabuka, ariko nanone bukaba bwamutera kujunjama n’urupfu.

Kunywa itabi bituma ubwo burozi bugera mu bwonko vuba kandi bugatembera mu maraso mu buryo bwihuse.

Umuntu unywa ipaki y’itabi ku munsi aba anyoye uburozi bukubye incuro 200 ubwo anyoye mu gihe aritumuye incuro imwe.

Ubwo burozi buruta ububoneka mu kindi kiyobyabwenge icyo ari cyo cyose, ari na cyo gitera itabi kugira ubushobozi bwihariye bwo kubata abantu.

Aho itabi ribera akaga umuntu umaze kubatwa na ryo, maze yaryifuza akaribura, amera nk’urwaye kugeza yongeye kuritumagura.

Ni mu gihe ubushakashatsi ku ngaruka z’itabi bugaragaza ko iyo unyoye isegereti imwe uba ugabanyije iminota 6 ku minsi yawe yo kubaho.

Itabi ryangiza umubiri

Birazwi neza ko kunywa itabi bitera indwara zitandura, urugero nka kanseri, indwara z’umutima na zimwe mu ndwara z’ibihaha.

Itabi rishobora gutera uburemba n’ibyago byo kurwara indwara ituma uruhu ruzana amagaragamba izwi nka psoriasis.

- Advertisement -

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko riri no mu bitera abantu guhitanwa n’indwara zandura, zirimo igituntu.

Iyo umunywi w’itabi arikongeje, umwotsi waryo n’uwo asohora amaze kuritumura, iyo undi muntu awuhumetse, bishobora kumutera kanseri n’izindi ndwara.

Ni yo ntandaro y’uko abantu barenga miliyoni esheshatu bicwa no kunywa itabi, mu gihe ibihumbi 900 batanywa itabi bicwa no guhumeka imyotsi yaryo.

Ibyagufasha kureka itabi

Kureka itabi bisaba umuntu kwifatira icyemezo, agatekereza ku mafaranga akoresha, ku ngaruka zaryo ku buzima bwe, ndetse no ku ngaruka ku batarinywa yuka imyotsi yaryo.

 

Umuntu ushaka kureka itabi, yiha itariki ntarengwa yo kubireka burundu, agatekereza ku byo azabona mu buzima nyuma yo guhagarika itabi ugereranyije n’igihe yarinywaga.

 

Uwafashe icyemezo agomba kubimenyesha abo babana mu rugo, abaturanyi n’inshuti, kugira ngo bamenye impamvu y’ihinduka mu myitwarire ye, kandi ntagomba gusubira inyuma ku myanzuro yafashe.

 

Kwirinda ibishuko byose n’ibishobora kumwibutsa itabi, nk’amapaki y’itabi, ibibiriti, cyangwa ibindi bikoresho bifitanye isano naryo.

 

Uwaretse itabi agomba kwima amatwi ibivugwa ku birebana no kurireka, ukabyakira nk’ibisanzwe akita ku mirire no kuruhuka mu buryo bukwiriye.

 

Nyuma yo kureka itabi, hashobora kubaho umubyibuho, kuko umuntu agira ubushake bwo kurya, bikaba bisaba kwigenzura mu mirire.

 

Uwariretse agomba kugabanya guhorana n’inshuti barisangiraga kugira ngo atazongera kugwa mu moshya.

 

Mu Rwanda, umusoro ku itabi wazamuwe aho igiciro cy’ipaki y’itabi cyavuye ku 130Frw kikagera kuri 230Frw, inyongera ya 36%.

 

Mu bihe bitandukanye, Minisiteri y’Ubuzima ikunze gusaba Abanyarwanda kureka itabi kuko ryangiza ubuzima mu buryo bwinshi.

 

OMS ivuga ko ibihugu nibura 151, birimo u Rwanda, bifite amategeko abuza kunywera itabi mu ruhame, ayo mategeko arinda abantu 7/10 ku Isi yose ingaruka z’umwotsi w’itabi rinyowe n’abandi.

Itabi ni ribi ku buzima

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Leave a comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *