Muhanga: Umugabo arashinjwa guhunga urugo nyuma y’iminsi 3 akoze ubukwe

Elisée MUHIZI
Yanditswe na Elisée MUHIZI
2 Min Read
Umugabo wo muri Muhanga arashinjwa guhunga urugo nyuma y’iminsi 3 bakoze ubukwe
  • Umugeni yabanje kwitaba RIB
  • Umugabo nawe arashakishwa uruhindu

Mpitabazana Léonard bahimba Kévin  arashakishwa nyuma yo guta  Aisha Christine  bari baherutse gusezerana  imbere y’Imana mu buryo bw’ibanga  yarangiza agacika.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude yabwiye UMUSEKE ko uyu Mpitabazana Léonard yataye umugeni we  nyuma y’iminsi ibiri bari bamaranye agenda atamusezeye.

Gitifu Nshimiyimana  avuga ko  Aisha Christine Umugore we yari afitanye ubukwe n’undi musore kandi ko bagombaga gusezerana imbere y’amategeko Tariki 28 Werurwe 2025 noneho byagera Tariki 29 Werurwe 2025  bagasezerana imbere y’Imana.

Nshimiyimana avuga ko amakuru afite yemeza ko  abo bombì hari ibyo batumvikanye noneho bituma ubukwe bupfa.

Ati “Umugeni yigiriye  Inama yo gushaka undi musore bakorana ubukwe kuri izo Taliki yishumbusha Mpitabazana Léonard.”

Avuga ko Aisha na  mugenzi we batigeze  bajya gusezerana ku Murenge ahubwo bahitamo guhamagara Pasiteri abasezeranyiriza mu rugo  rw’aho umukobwa yari atuye i Rugobagoba mu Karere ka Kamonyi.

Gitifu Nshimiyimana avuga ko hari amabanga y’urugo akomeye  Aisha Christine n’umugabo we Mpitabazana Léonard batumvikanyeho  umugabo  afata icyemezo cyo guta umugore aracika kandi ntiyasubira  mu Murenge wa Nyamabuye aho yari  asanzwe atuye.

Ati “Umugore we  yategereje ko Umugabo agaruka araheba aza kwa Sebukwe kubaza amakuru.”

Nshimiyimana uyobora Umurenge wa Nyamabuye avuga ko Aisha yageze kwa Sebukwe ahasanga Nyirabukwe amubajije niba Umugabo we ntawe babonye aramuhindukirana abaza umukazana aho yashyize umuhungu wabo.

Gitifu avuga ko kugeza ubu bataramenya irengero ry’aho Mpitabazana Léonard aherereye , gusa akavuga ko hari uwababwiye ko  yaba yabonetse  ariko we atamubonye.

Gitifu yagiriye Inama  abagiye ku rushinga ko kubaka bisaba gushishoza  abantu bakajya inama  bashingiye ku masezerano bumvikanyeho bombi bakirinda guhubuka.

Gitifu yavugaga  ko Aisha Christine ubu afungiye kuri Sitasiyo ya  RIB iherereye mu Murenge  wa Nyamabuye mu gihe iperereza  ririmo gukorwa.

Gusa nyiri ubwite yabwiye UMUSEKE ko  yagiye kubazwa n’uru rwego adafunze.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga

Yisangize abandi
Ibitekerezo 2

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *